Leta zunze ubumwe za Amerika zohereje BĂ©atrice Munyenyezi mu Rwanda, byitezwe ko ahita afatwa agafungwa kuko asanzwe akekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare. Amakuru y’uko Munyenyezi yoherejwe mu Rwanda yemejwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka mu Rwanda binyuze mu muvugizi warwo, Alan Kayondo, wabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko uwo mugore “ategerejwe mu Rwanda”. Ngo “Dutegereje ko ahagera”. Kayondo, yemereye BBC ko abashinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika bamenyesheje abo ku ruhande rw’u Rwanda ko Munyenyezi agezwa mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Mata 2021. Munyenyezi yari aherutse kurangiza igihano cyo gufungwa imyaka 10 yakatiwe muri Amerika ahamijwe kubeshya urwego rw’abinjira n’abasohoka ku kuba yaba yaragize uruhare muri jenoside mu Rwanda. Uyu mugore w’imyaka 51 ufite abana batatu, yabaga i Manchester muri Leta ya New Hampshire yatawe muri yombi mu 2010 aburanishwa ku byaha byo kubeshya. Ubwo yakatirwaga gufungwa muri Amerika mu 2013, byatangajwe ko narangiza igihano cye azoherezwa mu Rwanda. Niwe muntu wa mbere ukekwaho ibyaha bya jenoside Amerika yohereje mu Rwanda. Mu rukiko muri Amerika, byatangajwe ko muri Nyakanga 1994, yahungiye muri Kenya aho yabyariye abana b’impanga, nyuma akinjira muri Amerika nk’impunzi akabaho ahabwa ubufasha bw’abababaye. Yize kaminuza nyuma akora mu biro bya leta, ariko nyuma aza gushinjwa ko yagize uruhare muri jenoside i Butare aho ngo kuri za bariyeri yagaragazaga abagomba kwicwa. Umugabo we, Arsene Shalom Ntahobali na nyina Pauline Nyiramasuhuko, bakatiwe gufungwa kubera guhamwa n’ibyaha bya jenoside. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


