Igisirikare cyo mu mazi cya Indonesia kuri iki Cyumweru, cyatangaje ko cyabonye ubwato bwa gisirikare bugendera no munsi y’amazi (Submarine) bwari bwarohamye mur Bali kinemeza ko abantu 53 bari baburimo bose bapfuye.
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu mazi, Yudo Margono, ngo ubu bwato bwacitsemo ibice bitatu, bwari bwaburiwe irengero kuva kuwa gatatu ushize, bwagaragaye mu mazi hasi yo ku kirwa cya Bali cyo muri Indonezia rwagati.
Umukuru w’ingabo za Indonesia, Hadi Tjahjanto, yemereye abanyamakuru ko abari muri ubu bwato bose bahasize ubuzima nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ikomeza ivuga.
Soma inkuru bifitanye isano hano hasi
Abayobozi bavuze ko bakiriye ibimenyetso mu gitondo cyo ku cyumweru bivuye aho ubwo bwato bwari buherereye, muri metero zirenga 800 z’ubujyakuzimu, ku buryo gushakisha byari bigoye cyane. Indi ‘submarine’ ya Indonisia niyo yakoreshejwe kugirango ubwato bubashe ugaragara n’amaso.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


