Nyuma yo kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ndetse bikaba biherutse gutuma ingabo z’igihugu zikozanyaho, Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Farmajo yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe cyo gusubika amatora no kongera imyaka ibiri kuri manda ye yarangiye muri Gashyantare.
Perezida Farmajo mu ijambo yagejeje ku gihugu, yasabye ko habaho andi matora ndetse ashima ibikorwa bya minisitiri w’intebe, amasaha macye mbere yaho yari yamaganye gahunda ya Farmajo yo gushaka kugundira ubutegetsi.
Perezida wa Somalia yavuze ko ku wa Gatandatu azaba ari mu nteko ishingamategeko, agasubizaho amasezerano yo ku itariki ya 17 y’ukwezi kwa cyenda mu 2020 ajyanye na gahunda y’ibikorwa by’amatora nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga,.
Yagize ati: “Ndifuza kongera kwemeza, nkuko nabikoze mu gihe cyashize, ko iteka twamye twiteguye gutuma amatora abaho muri Somalia, ikirenzeho akabera ku gihe kandi mu mahoro”.
Perezida Farmajo yanashishikarije inzego zishinzwe umutekano kubungabunga umutekano w’abaturage b’abasivile kandi zikirinda “ibikorwa ibyo ari byo byose bishobora guteza umutekano mucye” ku ituze ry’igihugu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


