Umunyamakuru DieudonnĂ© Niyonsenga uzwi nka Cyuma Hassan avuga ko mu Rwanda ubwisanzure bw’itangazamakuru budahari cyane ku bitangazamakuru byigenga. Mu gisa n’icyegeranyo ku kuba niba haba hari ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Rwanda cyakozwe na BBC habazwa benshi mu banyamakuru bo mu Rwanda, hari abavuga ko buhari mu gihe abandi basanga ntabwo. Raporo y’umwaka wa 2021 y’umuryango Reporters Without Borders ishyira u Rwanda mu bihugu 30 bya nyuma ku isi “aho itangazamakuru rikinizwe”. Bamwe mu banyamakuru bavuga ko ” Ubwisanzure sinavuga ngo burahari cyangwa ntibuhari”. Abandi bati ” “ubwisanzure bw’itangazamakuru mbona buhari ndetse cyane”. Hassan Cyuma nyir’Ishema TV we avuga ko agikora mu itangazamakuru rya Leta yabonaga buhari gusa ngo nyuma yaje kubona indi sura kuri iyi ngingo nyuma. Yabwiye BBC ati ” Ngikora muri RBA aho ubwisanzure nta kibazo nabubonagamo kuko guhamagara mayor aguha amakuru nta kibazo, nta wakubuza kugera ku nkuru.” “Ariko maze guhindura nkajya kwikorera nibwo nabonye ko ubwisanzure ntabuhari, ariko uwari kumbaza nkiri muri leta nari kuvuga ko buhari kuko nta muntu wigeze ambangamira kuri ‘terrain’, nahamaze imyaka ibiri irengaho.” Yakomeje agira ati: “Nongeye kubona ikibazo cy’ubwisanzure ntangiye kwikorera kuko bwo iyo dukoze inkuru hari igihe inzego, abantu ku giti cyabo, abo bayobozi, baba batabishaka. Rero urabona ko ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Rwanda ntabwo, nta n’ubuhari.” Ku banyamakuru benshi babajijwe, muri rusange bagaragaza ko hari intambwe yatewe mu bwisanzure bw’itangazamakuru gusa hagendewe ku mvugo yabo, urugendo ni rure. Raporo z’imiryango mpuzamahanga y’abanyamakuru zishyira u Rwanda mu bihugu bya nyuma ku isi aho itangazamakuru ritisanzuye, leta y’u Rwanda yo mu 2018 yatangaje ko ubwisanzure buri ku gipimo cya 77%. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


