Umufaransa Ferron Valentin ukinira ikipe ya Total Direct Energie y’iwabo, ni we wegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Gatatu.
Abasiganwa bavaga ku Kimironko mu mujyi wa Kigali berekeza i Musanze mu majyaruguru y’u Rwanda, ku ntera ya Kilometero 123.9.
Ferron yegukanye aka gace akoresheje amasaha atatu, iminota 13 n’amasegonda 47.
Yakurikiwe na mwene wabo Rolland Pierre ukinira B&B banganyije ibihe, mu gihe Umunyarwanda Eric Manizabayo wa Benediction Club yaje ku mwanya wa gatatu arushwa amasegonda ane n’aba Bafaransa.
Agace ka kane ka Tour du Rwanda gasize Umunya-Colombia Sanchez Vergara Stiven ari we ucyambaye umwambaro w’Umuhondo, gusa akaba anganya ibihe n’abakinnyi 9 bamukurikiye barimo Umunya-Eritrea Eyob Metkel.
Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ni Muhoza Eric wa Team Rwanda urushwa iminota itanu n’amasegonda 53, Nsengimana Jean Bosco urushwa iminota itandatu n’amasegonda 36 cyo kimwe na Eric Manizabayo urushwa iminota umunani n’amasegonda 43.


