Chelsea itsinze Real Madrid, isanga Manchester City ku mukino wa nyuma wa UEFA CL

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza isanze Manchester City ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Real Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Iyi kipe y’umutoza Thomas TĂĽchel yari yakiriye Real Madrid ya Zinedine Zidane mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza wabereye i Stamford Bridge, iyihatsindira ibitego 2-0.

Ni nyuma y’uko amakipe yombi yari yaguye miswi 0-0 mu mukino ubanza.

Igitego cy’Umudage Timo Werner cyo ku munota wa 28 w’umukino ni cyo cyatandukanyije impande zombi mu minota 45 y’igice cya mbere cy’umukino.

Uyu rutahizamu wari watsinze igitego kikaza kwangwa n’umusifuzi kubera ko yari yaraririye, yafunguye amazamu nyuma y’uko Kai Havertz wari uherewe umupira mu rubuga rw’amahina na N’golo KantĂ© yari arobye umuzamu Thibaut Courtois, gusa bikarangira umupira ugaruwe n’umutambiko w’izamu.

Uyu mupira ni wo wagarukiye Werner awutereka mu izamu n’umutwe.

Igice cya mbere cyaranzwe no gusatirana ku mpande zombi, ariko nanone kigora cyane ikipe ya Real Madrid kuko Chelsea itigeze iyemerera kwinjira mu rubuga rw’amahina rwayo.

Byasabye ko abakinnyi nka Toni Kroos, Luka Modric na Karim Benzema bageragereza amashoti hanze y’urubuga rw’amahina, gusa yose akurwamo n’umuzamu Ferland Mendy.

Chelsea na yo yari yagiye ibona uburyo butandukanye biciye kuri Antonio RĂĽdiger, Masson Maunt, Antonio RĂĽdiger na Timo Werner, gusa ntiyashobora kububyaza umusaruro.

Igice cya kabiri na cyo cyaranzwe no guhusha ibitego byinshi ku ruhande rwa Chelsea, mbere y’uko iyi kipe itsinda igitego cya kabiri cya Mason Mount cyo ku munota wa 85 w’umukino, ku mupira yari ahawe na Christian Pulisic.

Ni Mount wari umaze guhusha ibitego bibiri arebana imbonankubone n’umuzamu Thibaut Courtois wanakuyemo n’ikindi gitego cyari cyabazwe cya KantĂ©.

Chelsea igomba gihurira ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league na Manchester City, bakazahurira Instanbul mu gihugu cya Turkiya ku wa 29 Gicurasi.

Chelsea yaherukaga ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa muri 2012 ubwo yatsindaga Bayern Munich kuri penaliti, igatwara igikombe cyayo cya mbere.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Chelsea itsinze Real Madrid, isanga Manchester City ku mukino wa nyuma wa UEFA CL
    Murakoze cyane kumakuru mutugezaho ,mukomeze muhatubera.mbona man city izigaragaza itwara champion league.

  2. Chelsea itsinze Real Madrid, isanga Manchester City ku mukino wa nyuma wa UEFA CL
    Murakoze cyane kumakuru mutugezaho ,mukomeze muhatubera.mbona man city izigaragaza itwara champion league.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *