Uwahoze ari perezida wa Maldives akaba na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mohamed Nasheed, yakomerekejwe n’igisasu cyaturikiye hanze y’urugo rw’umuryango we kuri uyu wa Kane, nk’uko byatangajwe na polisi.
Amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga moto yahiriye aho igisasu cyaturikiye ariko kugeza ubu ntiharamenyekana niba icyo gisasu cyari mu mugambi wo kumwica.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara ryagize riti: “Nyuma y’iturika… Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mohamed Nasheed, yakomeretse kandi ubu ari kuvurirwa mu bitaro bya ADK.”
Nta bisobanuro birambuye by’ibikomere Nasheed yagize. Nibura umwe mu bamurindaga na we yajyanywe mu bitaro. Televiziyo ya leta y’iki gihugu, PSM yatangaje ko hari n’umukerarugendo wakomeretse nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Abdullah Shahid yamaganye byimazeyo icyo gitero.
Mu magambo ye kuri Twitter, yagize ati: “Ibitero by’ubugwari nk’ibi nta mwanya bifite muri sosiyete yacu. Ibitekerezo byanjye n’amasengesho yanjye biri kumwe na Perezida Nasheed n’abandi bakomerekeye muri iki gitero, ndetse n’imiryango yabo. ”
Kuri uyu wa Kane, igisasu cyaturitse ubwo Nasheed w’imyaka 53 yarimo yinjira mu modoka ye mu murwa mukuru wa, Male, nk’uko umuyobozi wo mu ishyaka rye riharanira demokarasi muri Maldive (MDP), yatangarije ibiro ntaramakuru AFP kuri telefone.
Nasheed yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umwanya wa kabiri mu gihugu kibarizwa mu Nyanja y’u Buhinde, nyuma y’intsinzi y’ishyaka rye mu matora yo muri Mata 2019.
Yabaye perezida wa mbere w’igihugu watowe mu nzira ya demokarasi nyuma yo gutsinda amatora ya mbere y’amashyaka menshi mu 2008.
Yaje guhirikwa ku butegetsi mu mwaka wa 2012 ntiyabasha kwitabira amatora ya perezida yo mu 2018 nyuma yo guhamwa n’ibyaha yashinjwaga.
Icyakora, yagarutse mu gihugu avuye mu buhungiro nyuma yuko ishyaka rye ryatsinze amatora ya perezida yo mu 2018 hanyuma yinjira mu nteko.
Maldives izwiho ibirwa byiza bikurura ba mukerarugendo, ariko ikunze kurangwamo ibitero bidasanzwe. Mu 2007, igisasu cyaturikiye muri parike mu murwa mukuru gikomeretsa ba mukerarugendo 12 b’abanyamahanga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


