Ethiopia: TPLF yashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Icyemezo cyo gufata ishyaka TPLF (Tigrayan People’s Liberation Front ) nk’umutwe w’iterabwoba cyafashwe kuri uyu wa Kane n’inteko ishinga amategeko ya Ethiopia yemeje umwanzuro w’inama y’abaminisitiri yo mu cyumweru gishize.

Usibye TPLF, inyeshyamba za Shene nazo zemejwe nk’umutwe w’iterabwoba mu nteko ishinga amategeko ku bwiganze bw’amajwi usibye ijwi rimwe ryifashe.

Uyu mwanzuro uvuze ko guverinoma ifite ububasha bwose bwo gushinja ibyaha abantu n’imiryango yaba yaratanze inkunga y’amafaranga, inkunga y’ibitekerezo no gufasha mu bundi buryo TPLF kuri ubu ifatwa nk’umutwe w’iterabwoba nk’uko byatangajwe n’impuguke y’ibiro ntaramakuru Nyafurika (APA) yitwa Paulos Tessema.

Inteko Ishinga Amategeko ikaba yashyize iyi mitwe ibiri ku rutonde rw’iterabwoba kubera ko ngo iha intwaro, igatoza ndetse igatera inkunga abandi bagizi ba nabi usibye kuba na yo igaba ibitero.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, aherutse gushinja na bamwe mu bayobozi muri guverinoma kugirana isano n’inyeshyamba zashinjwe kwica abasivili mu bice bitandukanye by’igihugu.

Ku itariki ya 3 Ugushyingo 2020, abarwanyi ba TPLF bagabye ku Ngabo za Ethiopia, zica abasirikare zibatunguye bari mu bitotsi ndetse zisahura bimwe mu bikoresho bya gisirikare, bituma leta itangiza imirwano ikomeye kuri izi nyeshyamba.

Ku itariki 28 Ugushyingo, Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed yari yatangaje iherezo ry’ibikorwa bya gisirikare nyuma yo kwigarurira umurwa mukuru w’Intara ya Mekele, ahari ibirindiro bikuru bya TPLF.

Ishyaka rya TPLF rikaba ari ryo ryari riyoboye ihuriro ry’amashyaka ane ryayoboje inkoni y’icyuma Ethiopia mu gihe cy’imyaka 27.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *