img_20210510_133410.jpg

Kwa Dr Besigye no kwa Bobi Wine hagoswe n’abasirikare (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Inzego zishinzwe umutekano za Uganda kuri uyu wa Mbere zagose ingo za (Rtd) Col Kiiza Besigye na Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, mu gihe habura amasaha make ngo Perezida Yoweri Museveni arahirire manda ye ya gatandatu.

Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) Besigye abereye umuyobozi, ryatangaje ko urugo rwe rwazengurutswe n’abasirikare, gusa ntiryagira byinshi ritangaza ku cyateye iryo zenguruka.

Nyuma yo kuzenguruka urugo rwa Dr Besigye abashinzwe umutekano bagizwe n’ingabo na Polisi banagiye kuzenguruka urugo rwa Bobi Wine ruri ahitwa Magere.

Ntiharamenyekana impamvu ingo za bariya bagabo zombi zazengurutswe, gusa bibaye habura iminsi ibiri ngo Museveni arahirire kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu.

Museveni azarahira ku wa Gatatu Tariki ya 12 Gicurasi, nyuma y’amatora yabaye muri Mutarama uyu mwaka Museveni akayatsinda ku majwi akabakaba 59%.

Bobi Wine uri mu bari bahanganye na we yagize amajwi abarirwa muri 35%, gusa uyu munyapolitiki we n’abandi benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bakunze kwamagana ibyavuye muri ariya matora bavuga ko yabayemo uburiganya.

Kugota ingo za Besigye na Bobi Wine basanzwe bafatwa nk’abakomeye barwanya ubutegetsi bwa Uganda, abenshi babihuje n’uko Leta ya Kampala ifite ubwoba bw’uko bashobora guhungabanya umutekano, bikaba byarogoya irahira rya Perezida Museveni.

img_20210510_133423.jpg

img_20210510_133414.jpg

img_20210510_133410.jpg

img_20210510_133404.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *