Police FC yasubiriye Musanze FC, Etincelles FC yihimura kuri AS Kigali

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Police FC yegukanye amanota atatu y’umunsi wa kane wa shampiyona, nyuma yo gutsinda ikipe ya Musanze FC ibitego 2-1.

Iyi kipe ya Polisi y’igihugu yari yakiriye Musanze FC kuri Stade Amahoro i Remera, mu mukino wa kane wo mu tsinda C.

Ni Police yaherukaga gutsinda iyi kipe yo mu majyaruguru y’igihugu igitego 1-0, mu mukino wari wabereye kuri Stade Ubworoherane w’akarere ka Musanze.

Ibitego bya Ndayishimiye Antoine Dominique na Sibomana Patrick ‘Papy’ byari bihagije kugira ngo Police yegukane amanota atatu, ikomeza kwirukanka ku kipe ya AS Kigali ikiyoboye itsinda B.

Impozamarira ku ruhande rwa Musanze FC yatsinzwe ku munota wa 51 w’umukino biciye kuri Niyitegeka Idrissa.

Ni Musanze FC yakinnye neza igice cya kabiri cy’umukino, gusa ntiyabyaza uburyo bukomeye abarimo Mutebi Rashid bagiye babona.

Gutsinda Musanze byatumye Police igira amanota 9 inganya na AS Kigali ya mbere, nyuma y’uko iyi kipe y’Abanyamujyi itsindiwe i Rubavu na Etincelles ibitego 2-1.

AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 14 ibifashijwemo na Hakizimana Muhadjili, gusa iki gitego kiza kwishyurwa na Niyibizi Ramadhan ku munota wa 28 w’umukino.

Umunya-Tchad Shaban Hassan ni we wahesheje Etincelles intsinzi ya mbere muri shampiyona, ku gitego yatsinze ku munota wa 90 w’umukino nyuma ya koruneri yari itewe na Murengezi Rodrigue.

Etincelles iracyari iya nyuma muri iri tsinda n’amanota atatu inganya na Musanze FC yayitsindiye i Rubavu ibitego 3-1.

Mu yindi mikino yabaye, ikipe ya Marines yagiye gutsindira Espoir FC igitego 1-0 i Rusizi, mu gihe Mukura VS yatsinzwe na Sunrise ibitego 4-2.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *