Harikangwa intambara mu Bufaransa

Sangiza iyi nkuru

Ibaruwa nshya ifunguye yatangajwe mu Bufaransa iburira ko hashobora kuba intambara mu gihugu ndetse ko iyi yasinyweho n’abaturage barenga 130,000.

Ubwo butumwa bwatangajwe muri kimwe mu binyamakuru, bushinja leta y’Ubufaransa “guha rugari” politiki ishingiye ku mahame ya Islam.

Iyi baruwa bivuga ko yatanzwe n’abasirikare bativuze basaba gushyigikirwa na rubanda, ivuga ko igamije “kurengera igihugu”.

Leta y’Ubufaransa yayamaganye, nk’uko yabikoze mu yasohotse mu kwezi gushize.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu GĂ©rald Darmanin iyi baruwa nshya yayise “ubucabiranya buriritse” anashinja abantu bativuze bayisinye kutagira “ubutwari”, nk’uko ibiro ntaramakuru AFP bibivuga.

Ibaruwa yo mu kwezi gushize yandikiwe leta yavuye kuri bamwe mu bajenerali bari mu kiruhuko cy’izabukuru. Minisitiri w’ingabo, Florence Parly, yavuze ko abo bazahanwa kubera kurenga ku mategeko abuza abari mu kiruhuko n’abari mu mirimo ya gisirikare kubwira rubanda ibitekerezo byabo ku kwemera na politiki.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *