Steven Gerrard yahagaritse gukina umupira

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2016 nibwo uwahoze ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza na Liverpool yatangaje ko ahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’umukinnyi wabigize umwuga.
Gerrard ahagaritse gikina afite imyaka 36, yakiniye amakipe atandukanye harimo nka Liverpool yo mu murwa mukuru w’Ubwongereza aho akomoka yakiniye imyaka 17, Gerrard yabaye Kapiteni wa Liverpool mu gihe cy’imyaka 12 aho yayifashije gutwara ibikombe bitandukanye birimo n’ikiruta ibindi ku mugabane w’Uburayi cya Champions League batwayemu mwaka wa 2005.
[ad id=”44145″]
Mu ijambo risezera ku mupira w’amaguru yatangaje, Gerrard yagize ati “Nyuma y’ibimaze iminsi bivugwa mu bitangaza makuru bivuga ku hazaza hanjye, nshobora guhamya ko mfashe ikiruhuko mu gukina nk’umukinnyi wabigize umwuga, Nagiye ngira ibihe byiza kandi nishimiye cyane ibihe byose nagiriye muri Liverpoo, mu ikipe y’igihugu (Ubwongereza), no muri LA Galaxy”
Gerrard yahamagawe mu ikipe y’igihugu y’Ubwongereza inshuro 114, ibi bikaba byaragezweho gusa n’abandi bakinnyi batatu gusa aribo Peter Shilton, Wayne Rooney na David Backham. Gerrard yabashije gutsindira abongereza ibitego 21 mu mikino mpuzamahanga.
Gerrard yabereye Kapiteni ikipe y’Ubwongereza mu mikino y’igikombe cy’isi cya 2010, Euro 2012 no mu cy’isi cya 2014.
Mu gihe cyose uyu mugabo yamaze muri Liverpool yananiwe gutwara Shampiyona, cyakora batwaye ibikombe bindi nka FA, UEFA Cup, UEFA Super Cup na Community Shield.
[ad id=”44145″]
Gerrard yatangaje ko mu gihe cyose yakinnye yanejejwe cyane n’igihe we na Liverpool bishyurga ikipe ya AC Milan ibitego 3 bakayitwara igikombe cya Champions League i Istanbul.
Steven Gerrard kandi yakiniye Liverpool imikino yose hamwe 710 ayitsindira ibitego 186
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *