Indege ya RwandAir yaguye igitaraganya i Lubumbashi

Sangiza iyi nkuru

Indege ya Sosiyete y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir), yaguye ikitaraganya i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kugira ikibazo cya Tekiniki.

Iyi ndege yari irimo abagenzi berekeza mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Yari yahagurutse i Kigali 23:55 z’ijoro ryo ku wa 12 Gicurasi, yerekeza i Johannesburg ku Kibuga cy’Indege cya OR Tambo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Gicurasi saa 05:03.

Ni urugendo rwagombaga gutwara amasaha atanu n’iminota umunani.

Umwe mu bakoresha Urubuga rwa Twitter yarwanditseho avuga ko abagenzi babarirwa muri za mirongo baheze i Lubumbashi, nyuma y’uko “indege ya RwandAir WB102 yerekezaga i Johannesburg muri Afurika y’Epfo iguye ikitaraganya.”

RwandAir yifashishije urubuga rwayo rwa Twitter, yemeye ko indege yayo yagize ikibazo cya tekiniki bikaba ngombwa ko igwa ikitaraganya, gusa ihakana ko abagenzi bari bayirimo baheze i Lubumbashi.

Iti: “Abagenzi ntibahaheze. Indege yagize ikibazo cya tekiniki yerekeza i Johannesburg, ihagarara i Lubumbashi. Indi ndege yoherejwe gutwara abagenzi ngo bagere aho berekezaga mu mahoro.”

Amakuru avuga ko iriya ndege byabaye ngombwa ko ihagarara i Lubumbashi muri RDC urugendo yagombaga gukora rugakererwa amasaha 7 n’iminota 47.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *