Perezida Recep Tayyep Erdogan wa Turkiya kuri uyu wa Mbere yasabye Papa Fransisiko gufasha mu gushishikariza Isi gufatira ibihano Israel ku cyo yita ubwicanyi irimo gukorera Abanyapalestina mu ntara ya Gaza.
Guhamagarana kuri telefoni hagati ya Erdogan na Papa byaje mu gihe Turkiya ikomeje intambara ya dipolomasi yo guhatira guhagarika imenwa ry’amaraso rimaze gutwara ubuzima bw’Abanyapalestina 197 n’Abanya-Israel 10 kuva ku itariki ya 10 Gicurasi.
Erdogan yabwiye Papa Fransisiko ko “Abanyapalestina bazakomeza kwicwa mu gihe Umuryango Mpuzamahanga utafatira ibihano Israel.”
Perezida wa Turkiya yavuze ko ubutumwa bwe kuri Papa ari ingenzi mu gukangura Isi ya gikirisitu n’Umuryango Mpuzamahanga.
Kuri iki Cyumweru gishize, Papa yari yatangaje ko ibura ry’ubuzima bw’inzirakangane riyete ubwoba kandi ridakwiye kwemerwa.
Erdogan wakunze kuvuganira Palestina mu myaka 18 amaze ku butegetsi, yakunze kunenga ibikorwa bya Israel ayishinja gukwirakwiza iterabwoba mu cyumweru gishize.
Kuri uyu wa Mbere nk’uko iyi nkuru dukesha Al Araby ivuga Perezida Erdogan yabwiye Papa ko ikiremwamuntu cyose gikwiye kwishyira hamwe kikamagana Israel.
Muri uwo mujyo wo gushishikariza Isi guhagurukira Israel kandi, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya, Mevlut Cavusoglu, nawe ku murongo wa telephone kuri uyu wa Mbere yavuganye na mugenzi we w’u bwongereza, Dominic Raab.
Cavusoglu yabwiye Raab ko ari ngombwa ko Umuryango Mpuzamahanga ukwiye kugira icyo ukora kubyo Israel irimo gukorera Abanyapalestina.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


