Nigeria: Umuyobozi wa Boko Haram yakomerekeye mu mirwano yabahuje na Islamic State

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’umutwe wa Boko Haram, Abubakar Shekau, yakomerekeye mu mirwano ikomeye abarwanyi be banga ko afatwa mpiri n’umutwe batavuga rumwe ushamikiye kuri Islamic State, mu majyaruguru ya Nigeria, nk’uko amakuru aturuka mu bantu begereye inzego z’ubutasi agera kuri AFP abyemeza.

Nyuma y’imirwano yabahuje n’abarwanyi b’ishami rya Islamic State, ryo muri Afurika y’uburengerazuba (ISWAP, ngo Abubakar Shekau n’abarwanyi be benshi kuri uyu wa Gatatu bisanze bagotewe mu ndiri yabo, iherereye mu ishyamba rya Sambisa nk’uko amakuru akomeza avuga.

“Mu rwego rwo kwanga gufatwa, Shekau yirashe isasu mu gatuza, isasu rihinguranya urutugu rwe. Yakomeretse bikabije”. Abarwanyi babashije gucika baramujyana nk’uko ababibonye bakomeza bavuga.

Andi makuru agera kuri AFP avuga ko Abubakar Shekau yakomeretse bikabije nyuma yo guturikiriza igisasu mu nzu yari yihishemo n’abantu be.

Iki gitangazamakuru kivuga ko cyagerageje kumva icyo abayobozi ba Nigeria batangaza ariko bitagikundiye.

Amajyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria akaba arangwamo amakimbirane aterwa n’intagondwa z’Abayisilamu kuva mu myaka 10 ishize. Aya makimbirane yatangiranye nibitero bya Boko Haram mu 2009 bimaze guhitana abantu 40,000 mu gihe abasaga miliyoni 2 bateshejwe ibyabo.

Abubakar n’abarwanyi be ni bo bashimuse mu 2014 abana b’abakobwa b’abanyeshuri 300 bakuwe ku ishuri ryabo muri Chibok bivugisha Isi yose. Uyu muyobozi w’uyu mutwe kuva icyo gihe ni umwe mu bantu bamaze kurokoka urupfu inshuro nyinshi.

Mu 2016 nibwo Boko Haram yacitsemo ibice bibiri havuka igihande kimwe kiyobowe na Shekau kigenzura igice gikikije ishyamba rya Sambisa, havuka n’ikindi cya ISWAP kiyemeje kuba ishami rya Islamic State muri Afurika y’uburengerazuba.

Ibi bice byombi birwanya igisirikare cya Nigeria, ari nabyo byahura bigakozanyaho buri kimwe gishaka kugenzura igice kinini. Muri iyi myaka ishize, bivugwa ko ISWAP yagiye irushaho kugira imbaraga ikigarurira ahantu henshi ari nako igaba ibitero birushijeho guteguranwa ubuhanga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *