Urubanza rushya rw’uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Nicolas Sarkozy, rwatangiriye i Paris, ariko uyu wahoze ari umuyobozi utavugwaho rumwe ntabwo yari ari mu rukiko.
Sarkozy akurikiranyweho kuba yarateye inkunga mu buryo butemewe n’amategeko kwiyamamaza kwe ashaka kongera gutorwa mu mwaka wa 2012. Uru rubanza ruje nyuma y’ibyumweru bike uwahoze ari perezida ahamwe n’ibyaha bya ruswa mu rubanza rutandukanye.
Sarkozy n’abandi 13 barashinjwa gushyiraho cyangwa kungukira muri gahunda yo gutanga inyemezabwishyu z’impimbano ahisha amamiliyoni y’amayero mu gukoresha amafaranga y’umurengera mu gihe yiyamamazaga ku mwanya wa perezida wa 2012 ahanganye na François Hollande.
Abakandida mu matora y’u Bufaransa hari umubare ntarengwa w’amafaranga bemerewe gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Abashinjacyaha bavuga ko abacungamari baburiye Sarkozy ko kwiyamamaza kwe mu mwaka wa 2012 kwari kurenza miliyoni 22.5 z’amayero, ariko agakomeza gutsimbarara ku gukoresha izindi mitingi.
Amaherezo, kwiyamamaza kwe kwaje gutwara hafi miliyoni 43 z’amayero, nubwo Sarkozy avuga ko atari azi gahunda iyo ari yo yose yo guhisha miliyoni 20 z’amayero.
Bitandukanye na bamwe mu baregwa, uwahoze ari perezida ntabwo aregwa uburiganya, ahubwo ni icyaha gito cyo gutera inkunga ibikorwa byo kwiyamamaza mu buryo butemewe.
Aramutse ahamwe n’icyaha, ashobora gufungwa umwaka umwe n’ihazabu y’amayero 3.750.
Sarkozy afite imyaka 66.
Urubanza rwabanje gushyirwa muri Werurwe ariko rusubikwa nyuma y’uko umunyamategeko w’umutangabuhamya w’ingenzi yari mu bitaro kubera Covid-19. Ubu biteganijwe ko ruzakomeza kugeza ku ya 22 Kamena.
Sarkozy ntiyitabye urukiko igihe urubanza rwatangiriye i Paris ku gicamunsi cyo kuri wa kane, ariko yategetswe kuzitaba agahatwa ibibazo mu cyumweru cyo ku ya 14 Kamena.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


