Minembwe: Umutwe wa Gumino urashinjwa gushimuta abakozi ba Action Aid

Sangiza iyi nkuru

Abakozi bane b’imiryango itegamiye kuri leta ishinzwe ubutabazi harimo aba Action Aid biravugwa ko bamaze iminsi barashimuswe n’inyeshyamba z’umutwe wa Gumino wa Col Makanika muri Teritwari za Fizi na Uvira.

Babiri muri aba bantu bakorera Action Aid bari mu maboko y’inyeshyamba bivugwa ko ari iza Gumino kuva ku itariki 18 Gicurasi. Igisirikare cya FARDC gishinja ubu bushimusi inyeshyamba ziyobowe na Col Michel Makanika, zivuga ko ibi byabereye ahitwa Kakenge, hafi ya Minembwe nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ikomeza ivuga.

Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 2 bya FARDC, Capt. Dieudonne Kasereka, yagize ati “ Abakozi babiri ba Action Aid bashimuswe n’umutwe witwaje ibirwanisho wa Makanika, Colonel watorotse igisirikare cya FARDC mu giturage cya Kakenge na Runundu. Imbohe zatwawe ku ngufu mu birindiro bikuru bya Makanika i Nyamara.”

Uyu yongeyeho ko aba bakozi ba Action Aid baba bashinjwa n’izi nyeshyamba kuba baroroheje ibohozwa ry’abana batandatu bari barashimuswe n’izi nyeshyamba. Aba bana ngo bari barashimutiwe n’izi nyeshyamba mu bice bya Runundu, Kabingo na Kihanama nk’uko Capt. Kasereka akomeza avuga.

Uyu muvugizi wa gisirikare yongeyeho ko Victoire Mugomoka ukuriye Action Aid, nawe wari mu mboni z’izi nyeshyamba we yabashije gucika akava I Minembwe amahoro kuva kuwa Gatatu.

Ku rundi ruhande, abandi bakozi babiri b’umuryango “Action pour la santé, l’environnement et le développement (ASED)”, nabo biravugwa ko bashimutiwe kuwa Kane, itariki 19 Gicurasi mu Kibaya cya Rusizi, muri Teritwari ya Uvira ubwo bari barimo gufasha abaturage kubona amazi meza.

André Byadunia, umuvugizi wa sosiyete sivile yo muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko aba bashimuswe ubwo bari kuri moto berekeza ahitwa Luvungi, abatabaye bakaba barasanze iyo moto mu muhanda yonyinekuri ubu ibitswe na FARDC.

Abakozi b’imiryango ishinzwe ubutabazi bakunze gushimutwa muri Kivu y’Amajyepfo kiganjemo imitwe yitwaje intwaro. Mu mpera za 2020, Umuryango w’Abaganga batagira Umupaka (MSF) byabaye ngombwa ko ufunga imiryango uhagarika ibikorwa byawo nyuma yo gushimuta abakozi ba wo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Minembwe: Umutwe wa Gumino urashinjwa gushimuta abakozi ba Action Aid
    Ariko kuki mwanga Abanyamulenge kugezaha? Baricwa bagasenyerwa national Mai Mai na Red Tabara bishyigikiwe nurwanda nonengo Abanyamulenge barashimuta? Sha, ntacyotutazi ariko mumenyeko iriyantambara izarangirira iwanyu

  2. Minembwe: Umutwe wa Gumino urashinjwa gushimuta abakozi ba Action Aid
    Ariko kuki mwanga Abanyamulenge kugezaha? Baricwa bagasenyerwa national Mai Mai na Red Tabara bishyigikiwe nurwanda nonengo Abanyamulenge barashimuta? Sha, ntacyotutazi ariko mumenyeko iriyantambara izarangirira iwanyu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *