Eden Hazard arashaka kuva muri Real Madrid agasubira muri Chelsea

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Eden Hazard arifuza kuva muri Real Madrid agasubira muri Chelsea yahoze akinira, nyuma yo kugorwa n’ubuzima bwo muri iriya kipe y’i Madrid.

Uyu Mubiligi amaze imyaka ibiri muri Real Madrid, gusa ntiyigeze yigaragaza nk’uko byari byitezwe, ibyanahuriranye n’imvune nyinshi yagize zatumye atabona umwanya uhagije wo gukina.

Ikinyamakuru Marca cyandika inkuru nyinshi za Real Madrid, cyasubiyemo amagambo y’umunyamakuru Edu Aguirre wa Televiziyo ya El Chiringuito y’uko Hazard azi neza ko na we atigeze agera ku bihe byiza yari yitezweho muri Real Madrid, bityo akaba ari gushaka uko yasohoka muri iyi kipe.

Ikipe ya Chelsea Hazard yahoze akinira ni yo ngo yifuza gusubiramo nk’uko uriya munyamakuru yabitangaje.

Amakuru avuga ko kuba Real Madrid yifuza Umufaransa Kylian MbappĂ© na byo biri mu byatumye Hazard yifuza kuyivamo, bijyanye n’uko asanga atazabona umwanya uhagije wo gukina.

Marca mu busesenguzi bwayo yavuze ko Perezida Florentino Perez wa Real Madrid adashobora kwitambika Hazard mu gihe yaba yifuza kugenda, binajyanye n’uko ari umwe mu bakinnyi bahembwa amafaranga menshi nyamara umusaruro wabo ubarirwa ku mashyi.

Eden Hazard yageze muri Real Madrid mu mpeshyi ya 2019 avuye muri Chelsea, nyuma yo gutangwaho akayabo ka € miliyoni 100.

Mu myaka ibiri amaze muri Real Madrid amaze kuyikinira imikino 43, akaba yarayitsindiye ibitego bitanu byonyine.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *