Bujumbura: Abatari bake baguye mu bitero bya za Grenade, benshi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Abantu babiri baraye baguye mu bitero bya za grenades zatewe mu mujyi wa Bujumbura mu gihugugu cy’u Burundi, abandi benshi barakomereka.

Izi grenades bitaramenyekana abaziteye, zatewe ahantu batandukanye hahurira abantu benshi i Bujumbura, harimo ahakorerwa ubucuruzi n’ahategerwa imodoka zitwara abagenzi.

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Burundi, yaraye yanditse kuri Twitter ko abantu babiri ari bo baguye muri kiriya gitero yise icy’ubwiyahuzi, mu gihe abakomeretse itatangaje umubare bahise bajyanwa mu mavuriro atandukanye yo muri Bujumbura.

Iyi Minisiteri yunzemo ko “kimwe mu byihebe cyakomerekejwe na Grenade yacyo cyatawe muri yombi. Iperereza ryamaze gutangira.”

Cyakora cyo n’ubwo Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Burundi ivuga ko abapfuye ari babiri, ibitangazamakuru bimwe byo mu Burundi byatangaje ko abapfuye ari batandatu.

Ntiharamenyekana abihishe inyuma ya ziriya grenades, gusa bivugwa ko iturika ryazo ryakurikiwe n’urusaku rw’amasasu.

I Bujumbura hagabwe igitero, mu gihe muri uyu mijyi hari kubera inama ya 51 y’urwego rwamahoro rushinzwe ibibazo by’umutekano mu karere ka Afurika yo hagati.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *