Icyizere cy’Abakongomani cyo gusimbura Gabon muri CAN cyaraje amasinde

Akanama gashinzwe imyitwarire mu mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), katesheje agaciro ikirego ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri RDC (FECOCA) ryari ryarezemo Gabon bapfa umukinnyi witwa Geulor Kanga. FECOFA mu kirego cyayo, yari yashinje Gabon kuba yarakinishije Kanga imikino y’amajonjora yo gushaka itike ya CAN, nyamara afite ibyangombwa bibiri bitandukanye. Ibyangombwa Gabon ifite byerekana ko Kanga […]

Kivu y’Amajyaruguru na Ituri: Goma irayoborwa n’umusirikare, indi mijyi ikomeye iyoborwe n’abapolisi bakuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba n’Umugaba w’ingabo w’ikirenga, FĂ©lix Tshisekedi, kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021 yahaye imijyi ikomeye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri ubuyobozi bwa gisirikare n’igipolisi. Iyi mijyi ni: Goma na Beni muri Kivu y’Amajyaruguru, Bunia na Butembo muri Ituri. Uyobora Goma ni umusirikare witwa Kebya Makosa François, […]

Hahishuwe ko abateguye Raporo Duclert hari inyandiko bangiwe kugeraho z’ingenzi

Mu gihe Emmanuel Macron yitegura gusura u Rwanda ku wa kane, inyandiko ishaje yatekerejweho n’umusosiyaliste Michel Rocard ku ruhare rw’u Bufaransa muri iki gihugu yongeye kugaragara kandi igaragaza isesengura rishimishije, ariko ryamaganwe nkana. Ni inyandiko itarasohotse , cyangwa yasibwe, ariko ikinyamakuru LibĂ©ration cyabashije kubona mbere y’uruzinduko rwasobanuwe nk “amateka” rwa Perezida, Emmanuel Macron kuri uyu […]

Rwabuze gica hagati ya APR FC na AS Kigali, zirinda Rayon Sports

Umukino wa shampiyona y’ikiciro cya mbere y’u Rwanda wahuzaga ikipe ya APR FC na AS Kigali, urangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, yombi arindira ikipe ya Rayon Sports. Kuri uyu wa Gatatu hakinwaga umukino wa kabiri muri irindwi igomba guhuza amakipe umunani ya mbere agomba kuvamo izegukana igikombe cya shampiyona. APR FC na AS Kigali […]

Mali: Bah N’Daw uherutse kuvanwa ku butegetsi yatanze ubwegure bwe

Uwari Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Bah N’Daw, yamaze gushyikiriza ubwegure bwe visi perezida we, Assimi GoĂŻta, wahise uba Perezida w’inzibacyuho. Mu masaha atageze kuri 48 akuye ku kimirimo yabo, perezida w’inzibacyuho, Bah N’Daw na Minisitiri w’Intebe we, Moctar Ouane, Col. Assimi GoĂŻta niwe wahise aba Perezida w’inzibacyuho. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Gicurasi, nibwo […]

Amafoto: Umugore w’abana 6 yakoze ubukwe bukomeye ‘n’Umwuka Wera’

nalem2.png

Imiziki, imbyino, imvugirizo, urusaku n’ibindi bigize ibyishimo, ni byo byaranze ubukwe bukomeye bw’umubyeyi w’abana 6 wo mu gace ka Mukutano mu Karere ka West Pokot muri Kenya, Elizabeth Nalem uvuga ko yakoranye n’Umwuka Wera. Amashusho dukesha The Standard agaragaza umubyeyi Nalem yambaye agatimba, kamupfutse mu maso nk’uko bisanzwe ku mugeni wakoze ubukwe, ariko umukwe (umusore […]

Igitero cya FLN: Rushorera mu mubano w’ u Rwanda n’ u Burundi

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko ahangakishijwe n’uburyo umubano w’igihuhu cye n’u Burundi wari utangiye kuba mwiza nyamara icyo gihugu baturanye kikaba gikomeza kuvugwa ko giha intwaro abatera u Rwanda. Prezida Kagame yabibwiye ikinyamakuru Jeune Afrique cyandikirwa mu Bufaransa. Iyo nkuru yashyizwe ahagaraga ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, nyuma y’ibitero byabaye mu […]

J. Cole yavuye mu Rwanda ‘ku mpamvu ze bwite’

Umuraperi w’umunyamerika J. Cole wari uri gukinira ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League ntabwo azakina imikino ya 1/4 kuko yahisemo kuva mu Rwanda ku bivugwa ko ari impamvu ze bwite. Cole nta makuru arambuye yatanze ku mpamvu zatumye agenda iri rushanwa ritarangiye. Ikipe yari yaje gukinira ya Patriots […]

WhatsApp yajyanye mu nkiko Guverinoma y’u Buhinde

WhatsApp yareze leta y’u Buhinde kubera amategeko mashya agenga ikoreshwa rya internet iyi sosiyete ivuga ko “azahungabanya cyane” ubuzima bwite bw’abayikoresha. Amategeko mashya agenga ikoreshwa rya internet mu Buhinde, yiswe ayo gukandamiza no gukomeretsa, aha guverinoma y’u Buhinde imbaraga nyinshi zo gukurikirana ibikorwa byo kuri interineti, harimo no gukurikirana porogaramu ubundi ziba zifunze ku muntu […]

Abakorana na Ntamuhanga Cassien bemeza ko yatawe muri yombi

ntamuhanga.jpg

Abakorana na Ntamuhanga Cassien bibumbiye mu muryango bise ‘RANP Abaryankuna’ urwanya Leta y’u Rwanda bemeje amakuru y’itabwa muri yombi rye. Ni amakuru yatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru, avuga ko Ntamuhanga yafatiwe mu murwa mukuru wa Mozambique, Maputo, aho yabaga nk’impunzi. Aya makuru yavugaga ko nyuma yo gufatirwa i Maputo, byitezwe […]

Perezida Ndayishimiye yahaye inyigisho ba Ofisiye bakuru muri FDNB (Amafoto)

img_20210526_110345.jpg

Perezida w’u Burundi, Gen Evariste Ndayishimiye akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za kiriya gihugu, kuri uyu wa Gatatu yahaye inyigisho ba Ofisiye bakuru mu gisirikare cy’u Burundi. Igisirikare cy’u Burundi cyatangaje ko izi nyigisho zigamije kubakangurira kuzirikana igihugu zatangiwe mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya ISCAM. Ni igigisho zitabiriwe n’abasirikare bakuru b’u Burundi, barimo n’Umugaba Mukuru […]

John Cena yasabye imbabazi u Bushinwa nyuma yo kwita Taiwan igihugu

maxresdefault-18.jpg

“Nkunda kandi nubaha u Bushinwa n’Abashinwa. Mumbabarire, Mumbabarire kubw’isoko ryanjye. Nsabye imbabazi, nsambye imbabazi Mumbarire cyane,” aya ni amgambo yavuzwe n’Umukinnyi wa filimi ndetse n’umukino wo gukirana uzwi nka ‘wrestling’ mu cyongereza, nyuma yo kwita Taiwan igihugu mu kiganiro yahaga itangazamakuru avuga kuri filimi ya Fast & Furious igice cya 9 yamaze kujya ahagaragara. John […]

Abo mu kigo RISA bariye indimi kuri asaga Frw miliyari ebyiri babitse

Mu gihe bimwe mu bigo bya Leta hadasizwe na za minisiteri zimwe na zimwe bahuye n’ikibazo cy’ingengo y’imari yabaye iyanga, Ikigo cya Leta cyitwa RISA ( Rwanda Information Society Authority) kibitse asaga Frw miliyari ebyiri, abayobozi bacyo batavuga uko azakoreshwa. Kuwa 23 Mutarama 20218, RISA yafunguye konti nomero 1000043105 muri Banki Nkuru y’ u Rwanda […]

Perezida Kagame yavuze kuri Tshisekedi utavuga rumwe na we kuri ‘Rapport Mapping’

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze kuri mugenzi we uyoboye Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi utavuga rumwe na we ku bakoze ‘Rapport Mapping’. Rapport Mapping yakozwe na Komisiyo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, igaragaza ibyaha byakorewe mu burasirazuba bwa RDC hagati y’1993 n’2003, n’ababikoze. Muri iyi raporo, ingabo z’u […]

Minisitiri w’ubucuruzi yihanangirije abacuruzi biha kuzamura ibiciro uko bishakiye

e2pxh3nxmaiuhvu.jpg

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Beata Habyarimana, yihanangirije abacuruzi biha kuzamura ibiciro uko bishakiye bitwaje ko ibiciro byazamutse ku rwego mpuzamahanga. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, itariki 25 Gicurasi, Bwiza.com ifitiye kopi, Minisitiri Habyarimana avuga ko ashingiye kuri raporo y’igenzura ryakozwe ku masoko atandukanye yo mu Mujyi wa Kigali no mu turere; aho byagaragaye […]

Sudani y’Epfo yasubije inkingo za Covid-19 yari yarahawe

Leta ya Sudani y’Epfo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021 yasubije urwego rwa Covax inkingo 72,000 za Covid-19 mu 132,000 rwari rwarayihaye muri Werurwe, bitewe n’ibibazo by’ubukungu. Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ko izi nkingo zayisaziraho, zigapfa ubusa, kuko ngo ntabwo iri kubona ubushobozi bwo kuba zose yaramaze kuzikoresho kugeza tariki ya 18 […]

L’ancienne cour d’appel de Ruhengeri devient un mĂ©morial du gĂ©nocide

Les restes de plus de 800 victimes du gĂ©nocide contre les Tutsi qui ont Ă©tĂ© tuĂ©s dans et autour de la ville de Musanze, anciennement Ruhengeri, doivent ĂȘtre enterrĂ©s au mĂ©morial du gĂ©nocide nouvellement créé Ă  l’ancienne cour d’appel de Ruhengeri. S’adressant au New Times, Axelle Kamanzi, vice-maire en charge des affaires sociales dans le […]

Bamenye ko nta mwanya bafite_Ndayishimiye ku bateye za grenade i Bujumbura

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko abaraye bagabye ibitero bya za grenade i Bujumbura ari abifuza gusubiza u Burundi inyuma, yihanganisha imiryango y’ababuze ababo. Ku mugoroba w’ejo ku wa Kabiri ni bwo i Bujumbura mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi hagabwe ibitero bitatu bya za grenade, bihitana ubuzima bwa bamwe mu Barundi. Minisiteri y’Umutekano […]

Ambasade y’u Bubiligi yaburiye Ababiligi batuye i Bujumbura

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga ikoresha nka facebook na twitter, Ambasade y’u Bubiligi mu Burundi ifite icyicaro I Bujumbura yaburiye Ababiligi batuye muri iki gihugu n’abakozi bayo ibasaba kuguma aho batuye kubera kutizera umutekano nyuma y’ibitero bya grenade byibasiye ahantu hatandukanye muri Bujumbura kuri uyu wa Kabiri. Itangazo yashyize ahagaragara rigira riti “ Kubw’amakuru yo kwemeza, […]

Umuhanga avuga ko u Rwanda rurimo gutandukana na RDC

valley-2.jpg

Umuhanga mu bumenyi bw’ibibera mu nda y’Isi wigisha amasomo abwerekeyeho muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Digne Rwabuhungu avuga ko u Rwanda rurimo gutandukana na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), mu myaka myinshi iri imbere ibi bihugu bikazatandukanywa n’inyanja. Dr Rwabuhungu yabitangarije kuri Radiyo Rwanda kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021, mu kiganiro cyibandaga ku […]

Kicukiro: Uwahoze mu Ngabo z’u Rwanda yakubise umuturage inyundo mu mutwe

Umugabo witwa Mukurarinda Ernest bakunda kwita Komanda yakubise uwitwa Umutesi Elizabeth inyundo mu mutwe incuro eshatu bapfa amafaranga avuga ko bamwibye ubwo basangiraga inzoga mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 22. Abaturage batuye mu Mugudu wa Nyakarambi, Akagari ka Gitaraga, Umurenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro ho mu mujyi wa Kigali babwiye UMUBAVU ko […]

Hatangijwe amasomo ya live streaming mu gihe gito

training.jpg

Mu Rwanda hagiye gutangizwa amasomo y’igihe gito ya Live streaming, uburyo bwifashishwa mu isakazamashusho n’amajwi hifashishijwe internet. Live streaming ni uburyo bwo gufata amajwi n’amashusho bigasakazwa imbonankubone (LIVE) hifashishijwe internet ukaba wakurikira umuhango cyangwa igikorwa runaka nk’uhibereye unyuze ku mbugankoranyambaga cyangwa se urubuga rwa internet biri gutambukaho. Live streaming kandi yabaye igisubizo muri iki gihe […]

Mali: Abigaragambya basabwe kwishakamo Min. w’Intebe

Itsinda rikomeye ryo muri Mali rizwi nka M5 RFP ryateguye imyigaragambyo yo mu mwaka ushize yagejeje ku ihirikwa rya perezida wari uriho icyo gihe, ryavuze ko ryasabwe gutanga umukandida ku mwanya wa minisitiri w’intebe. Soya Djigue wo muri iryo tsinda, yavuganye na BBC mu kiganiro Focus on Africa ku wa kabiri, nyuma yuko ku wa […]

Bujumbura: Abatari bake baguye mu bitero bya za Grenade, benshi barakomereka

Abantu babiri baraye baguye mu bitero bya za grenades zatewe mu mujyi wa Bujumbura mu gihugugu cy’u Burundi, abandi benshi barakomereka. Izi grenades bitaramenyekana abaziteye, zatewe ahantu batandukanye hahurira abantu benshi i Bujumbura, harimo ahakorerwa ubucuruzi n’ahategerwa imodoka zitwara abagenzi. Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Burundi, yaraye yanditse kuri Twitter ko abantu babiri ari bo baguye […]