Leta ya Sudani y’Epfo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021 yasubije urwego rwa Covax inkingo 72,000 za Covid-19 mu 132,000 rwari rwarayihaye muri Werurwe, bitewe n’ibibazo by’ubukungu.
Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ko izi nkingo zayisaziraho, zigapfa ubusa, kuko ngo ntabwo iri kubona ubushobozi bwo kuba zose yaramaze kuzikoresho kugeza tariki ya 18 Nyakanga 2021 ubwo zizaba zashaje.
Nk’uko Associated Press yabitangaje, Umunyambanga muri Minisiteri y’Ubuzima ya Sudani y’Epfo, Dr Mayen Machuot yabwiye itangazamakuru ati: “Dufite ibibazo by’ubukungu ni yo mpamvu twagorwa no kuzikwirakwira. Mu by’ukuri twiziritse umukanda mu nda.”
Yakomeje ati: “Ntabwo twifuza ko zidusazira mu biganza. Rero turohereza 72,000 zizakoreshwe n’ibihugu bishoboye kuzigeza mu baturage mu cyumweru kimwe.”
Dr Machuot yavuze ko ubu Sudani y’Epfo imaze gukingira abantu 8000 bonyine kuva yahabwa izi nkingo, ubu iki gihugu kikaba cyasigaranye 52,000 cyizera ko kizaba cyarakoresheje mbere y’itariki yo kuba zashaje.
Byitezwe ko izi nkingo nyuma yo gusubizwa muri Covax, urwego rw’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO) rushinzwe kuzigeza mu bihugu bitishoboye, Kenya ari yo irazihabwa kuri uyu wa 27 Gicurasi 2021.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


