ntamuhanga.jpg

Abakorana na Ntamuhanga Cassien bemeza ko yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Abakorana na Ntamuhanga Cassien bibumbiye mu muryango bise ‘RANP Abaryankuna’ urwanya Leta y’u Rwanda bemeje amakuru y’itabwa muri yombi rye.

Ni amakuru yatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru, avuga ko Ntamuhanga yafatiwe mu murwa mukuru wa Mozambique, Maputo, aho yabaga nk’impunzi.

Aya makuru yavugaga ko nyuma yo gufatirwa i Maputo, byitezwe ko Ntamuhanga azoherezwa mu Rwanda, agakurikiranwa n’ubutabera.

Abaryankuna babicishije ku rubuga rwa Facebook kuri uyu wa 26 Gicurasi 2021, bemeje ko Ntamuhanga wari umunyamuryango wabo koko yatawe muri yombi, “tariki ya 23 Gicurasi 2021”.

Bati: “Banyarwanda Banyarwandakazi, nk’uko mumaze iminsi mubibona ku mbuga Umuryankuna w’umushumi Cassien Ntamuhanga yafatiwe muri Mozambique ku cyumweru tariki ya 23 Gicurasi, tukaba twarabaye turetse kugira icyo dutangaza tutarabona amakuru y’imvaho ku mpamvu yafashwe n’uwamufashe.”

Bavuga ko bamenye ko Leta y’u Rwanda iri inyuma y’icyo bise ‘ishimutwa’ rya Ntamuhanga, bavuga ko afite uburinzi bw’impunzi.

Ntamuhanga yavuye mu Rwanda mu Kwakira 2017 atorotse gereza ya Mpanga iherereye mu Karere ka Nyanza yari afungiwemo. Icyo gihe yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 25 nyuma yo guhamwa ibyaha birimo gucura umugambi wo kugirira nabi Umukuru w’Igihugu no kurema umutwe w’iterabwoba, yareganwaga n’umuhanzi Kizito Mihigo.
ntamuhanga.jpg

Tariki ya 6 Gicurasi 2021 na none, urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 25 adahari, nyuma yo kumuhamya ibyaha bishingiye ku mugambi wo gucura ibisasu byagombaga guterwa mu mujyi wa Kigali, ikirego yareganwaga n’abarimo umunyamakuru Phocas Ndayizera.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *