Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko abaraye bagabye ibitero bya za grenade i Bujumbura ari abifuza gusubiza u Burundi inyuma, yihanganisha imiryango y’ababuze ababo.
Ku mugoroba w’ejo ku wa Kabiri ni bwo i Bujumbura mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi hagabwe ibitero bitatu bya za grenade, bihitana ubuzima bwa bamwe mu Barundi.
Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Burundi, yaraye yanditse kuri Twitter ko abantu babiri ari bo baguye muri kiriya gitero yise icy’ubwiyahuzi, mu gihe abakomeretse itatangaje umubare bahise bajyanwa mu mavuriro atandukanye yo muri Bujumbura.
Iyi Minisiteri yunzemo ko “kimwe mu byihebe cyakomerekejwe na Grenade yacyo cyatawe muri yombi. Iperereza ryamaze gutangira.”
Cyakora cyo n’ubwo Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Burundi ivuga ko abapfuye ari babiri, ibitangazamakuru bimwe byo mu Burundi byatangaje ko abapfuye ari batandatu.
Ntiharamenyekana abihishe inyuma ya ziriya grenades, gusa bivugwa ko iturika ryazo ryakurikiwe n’urusaku rw’amasasu.
Perezida Ndayishimiye abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yamaganye biriya bitero, avuga ko ababigabye ari abifuza gusubiza inyuma u Burundi bifashishije iterabwoba.
Ati: “Mbabajwe n’abacyipfuza gusubiza inyuma u Burundi babicishije mu iterabwoba. Ariko bamenye ko nta mwanya bafite.”
Perezida Ndayishimiye yakomeje yihanganisha “imiryango yabuze abayo kubera ubwo bugizi bwa nabi”, anifuriza abakomeretse gukira vuba.
Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yasabye abaturage b’igihugu cye bose gukomeza gufatana urunana, ngo kuko ubumwe ari bwo ntsinzi yabo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


