“Nkunda kandi nubaha u Bushinwa n’Abashinwa. Mumbabarire, Mumbabarire kubw’isoko ryanjye. Nsabye imbabazi, nsambye imbabazi Mumbarire cyane,” aya ni amgambo yavuzwe n’Umukinnyi wa filimi ndetse n’umukino wo gukirana uzwi nka ‘wrestling’ mu cyongereza, nyuma yo kwita Taiwan igihugu mu kiganiro yahaga itangazamakuru avuga kuri filimi ya Fast & Furious igice cya 9 yamaze kujya ahagaragara.

John Cena akaba yasabye u Bushinwa imbabazi kubera kwita Taiwan, u Bushinwa bufata nk’intara yabwo, nyuma y’ikiganiro cyahise giteza urunturuntu mu Bushinwa, hamwe mu hantu hari abafana benshi b’ingenzi b’iyi filimi ku buryo u Bushinwa buyitambitse ishobora kutazagarura amafaranga yayishowemo.
Yahise akora video yashyize ku mbuga nkoranyambaga nka twitter asaba imbabazi Abashinwa ndetse akoresheje ururimi rwabo agira ati rwose mumbabarire nakoze ikosa.
John Cena to China after calling Taiwan a country: I love and respect China and Chinese people. I’m very, very sorry about my mistake. I apologise, I apologise, I’m very sorry.
He's promoting Fast and Furious 9pic.twitter.com/y1NpAkGFVj
— Shubhangi Sharma (@ItsShubhangi) May 25, 2021
Ibi bikaba byaratangiye ubwo John Cena yavugaga ko Taiwan izaba “igihugu” cya mbere kizabasha kureba Fast & Furious 9, mu kiganiro yagiranaga na televiziyo yo muri Taiwan TVBS mu rurimi rw’Igishinwa.
Taiwan ni ikirwa gifite leta yacyo gitandukanijwe n’u Bushinwa n’amazi, Leta ya Beijing ikaba irwanya igitekerezo cyose cya Taiwan nk’igihugu cyigenga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


