Abadepite 32 mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bamaze kwicwa na Covid-19 kuva yagaragara muri iki gihugu muri Werurwe 2020 nk’uko byatangajwe na Visi Perezida w’iyi nteko, Jean-Marc Kabund kuri uyu wa Kane.
Aya makuru yashyizwe ahagaragara mu gihe abayobozi bikanga iyindi nkubiri y’ubwiyongere bw’ubwandu bwa Coranavirus mu gihugu, aho kuri uyu wa Kane nyine abantu bashya 107, barimo 102 muri Kinshasa basanzwemo iki cyorezo.
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 28 Gicurasi, imibare y’abamaze kwandura Covid-19 yari imaze kugera ku 31,385, harimo 782 yahitanye. Umurwa Mukuru, Kinshasa wagaragayemo abanduye 21,700 niwo ukomeje kwibasirwa n’icyorezo, by’umwihariko Komini ya Gombe, yiganjemo abakire, abanyamahanga n’ibiro by’inzego zitandukanye z’igihugu.
Iyi nkuru dukesha VOA iravuga ko benshi mu bayobozi begereye umukuru w’igihugu, nubwo umubare munini w’abatuye umurwa mukuru, bivugwa ko bakomeje gushidikanya ku kubaho kwa Covid muri uyu mujyi umwe mu minini muri Afurika.
Ku munsi wa 40 w’ubukangurambaga bw’ikingira, ku buntu kandi bugera ku bantu bakuru bose, abantu 19.597 barakingiwe. Abanyekongo benshi, ariko, bakomeje gushidikanya cyangwa kwanga urukingo, bitewe ahanini n’ibihuha byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, nk’uko byagaragaye i Kinshasa.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


