Kuri uyu wa Mbere, Repubulika ya Centrafrica yahakanye ibirego yashinjwe na Tchad ko ingabo zayo zabiciye abasirikare batandatu harimo batanu bashimutiwe ku butaka bwa Tchad mbere yo kwicwa, ishimangira ko habayeho kurasana no gupfusha ku mpande zombi .
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma ya Centrafrica isubiza ibirego yashinjwe na Tchad, yavuze ko “ibabajwe n’ubuzima bwatakaye n’inkomere mu ngabo za Tchad no ku ruhande rwa Centrafrica”, kandi ishinja inyeshyamba zirwanya Centrafrica abasirikare bayo bari bakurikiranye kuba “nyirabayazana”.
Byongeye kandi, “yongeye gushimangira” icyifuzo cyo gushimangira umubano “hagati y’abavandimwe bombi” kandi isaba Tchad ko hakorwa “iperereza rihuriweho” kuri aya makimbirane nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Intebe, Ange Maxime Kazagui.
Guverinoma ya Tchad yo ivuga ko mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru gishize, abasirikare ba Centrafrica bateye ibirindiro bya gisirikare ku butaka bwa Tchad zikica umusirikare umwe, zigashimuta abandi batanu ziciye muri Centrafrica nk’uko iyi nkuru dukesha VOA Afrique ivuga.
Soma inkuru bifitanye isano hano hasi
Amakuru ava mu ishami rya Loni ryo muri Centrafrica ariko yo aravuga ko abasirikare ba Centrafrica bari kumwe n’Abarusiya ku ruhande rumwe, n’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Centrafrica ziri kumwe n’ingabo za Tchad ku rundi ruhande, zarwaniye mu giturage kiri ku ruhande rwa Tchad.
Leta ya Centrafrica ikaba ikunze gushinja Tchad gushyigikira no gutera inkunga inyeshyamba z’Abanya-Centrafrica.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


