Abarenga 650 mu 1,146 bakekwaho uruhare muri jenoside bari mu mahanga bihishe mu bihugu 2 duhana imbibi

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imyaka 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda irangiye, mu bantu 1,146 bakekwaho kuba baragize uruhare muri jenoside bavuzwe mu mahanga, 23 ni bo baburanishijwe, naho 23 boherezwa mu gihugu. Kubera uko kubakurikirana kwatinze, ubushinjacyaha bw’u Rwanda burahamagarira amahanga kongera ingufu mu gukurikirana abo bakekwaho icyaha imbere y’uko abatangabuhamya, abahohotewe, ndetse n’abo bakekwaho kuba abajenosideri bapfa.

Mu 1994 ni bwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda. Bamwe mu babikoze barahanwe abandi bakekwaho kuba mu bagize uruhare runini muri jenoside baracyari benshi bidegembya mu mahanga. Mu gihe u Rwanda rutangaza ko muri manda 1,146 zo guta muri yombi abo bantu rwatanze mu bihugu 33, 46 gusa ni akaba ari zo zisa nk’izahawe agaciro, ntawe uzabura guhangayikishwa n’uko abandi bazaburanishwa nyuma y’urupfu rw’abahohotewe cyangwa ko nabo ubwabo bazapfa bataburanishijwe.

Kuki uko gutinda?

Ikintu cya mbere tugomba kumenya ni uko gukurikirana ibyaha bya jenoside byatangiranye n’ibibazo byinshi kubera ko amategeko y’ibihugu agaragaramo icyuho muri urwo rwego.

Ubu kuko ikibazo gikemurwa buhoro buhoro, Jean Bosco Siboyintore, ukuriye ishami ry’ubushinjacyaha mu Rwanda rishinzwe gukurikirana Abanyarwanda mu mahanga bakekwaho kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko itsinda ry’ubushakashatsi rigomba kurenga imbogamizi zikomeye. Ku wa mbere tariki ya 5 Mata 2021, kuri Radiyo Flash FM yagize ati: “Ingamba zafashwe n’abahunze kugira ngo bacike ubutabera ntabwo zigizwe no guhindura umwirondoro wabo gusa, ahubwo no guhora bimuka ku butaka bunini.”

Ku bwe, abari guhunga bihishe aha n’aha, nibaramuka baraye hano uyu munsi, ejo bazarara ahandi, bivuze ko igihe impapuro zo kumuta muri yombi zizahagerera, tuzasanga atari aho akiba.

Abandi bahindura amazina rimwe na rimwe ugasanga hari nk’uwafashe izina rya murumuna we wapfuye mbere ya jenoside. Jean Bosco agira ati: “Hariho abavuga ko bapfuye kandi bafatanije n’imiryango yabo bagategura imihango yo gushyingura y’imihimbano, bashaka ko dosiye zabo zishyingurwa”.

Bamwe mu bahunze bahawe statut z’impunzi abandi bahabwa ubwenegihugu mu bihugu batuyemo ubu, bikabuza ikurikiranwa ryabo.

Icyakora, Siboyintore agaragaza ko nubwo umubare w’imanza zaciwe, 46 kuri 1,146, ari igitonyanga mu nyanja, bitanga icyizere ko amahanga arushaho kumenya uburemere bw’icyaha cya jenoside.

Yishimiye ko mu myaka icumi ishize habaye ubushake n’ubufatanye, cyane cyane n’ibihugu by’u Burayi, ku buryo iyo covid-19 itaba yaravanze, hashoboraga kubaho abantu benshi batawe muri yombi n’imanza mu nkiko.

Kugeza ubu, abantu barenga 650 mu 1,146 bakekwaho kugira uruhare muri jenoside bahungiye mu mahanga, bakekwaho kuba mu bihugu bibiri bihana imbibi n’u Rwanda, ari byo Uganda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe ku mugabane w’u Burayi, abenshi bari mu Bufaransa (47 muri bo batatu ni bo baburanishijwe). U Bubiligi bufite 40 ariko 9 muri bo bamaze gushyikirizwa ubutabera.

Hariho icyizere

Siboyintore agaragaza ko Covid-19 yabangamiye ubushinjacyaha bwabo kubera ko ubushinjacyaha bwari bwarateguye gusura ibihugu by’Afurika kugira ngo butange andi makuru ku bashakishwa n’amakuru yihariye ku butabera mu Rwanda, kuko bamwe bavuga ko batabona ubutabera iyo bazanwe Rwanda.

Byongeye kandi, ibiro by’umushinjacyaha bya Kigali birimo kongera ingufu mu bufatanye n’inzego z’ubushinjacyaha mu bindi bihugu. Muri 2020, byateguye amahugurwa yo kungurana ibitekerezo n’abashinjacyaha baturutse mu bihugu mirongo itatu bya Afurika.

Ubufatanye na RIB, Inteko Ishinga Amategeko na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga nabyo bitanga icyizere ndetse n’ubufatanye na polisi mpuzamahanga.

Hasigaye gushyira uburemere ku bibazo by’abatorotse babonye statut z’impunzi cyangwa ubwenegihugu. Kuri bo, umuyobozi w’ishami ryihariye ry’ubushinjacyaha bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana Abanyarwanda mu mahanga bakekwaho kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi arahamagarira ibihugu byabakiriye gukuraho izo mbogamizi cyangwa kubacira imanza aho bari nka Suwede yakatiye Théodore Rukeratabaro igifungo cya burundu.

Umwe mu barokotse jenoside utarifuje kumenyekana ati: “Uwahohotewe ashobora gusaza cyangwa agapfa nta butabera abonye nyuma yo gutanga ibimenyetso bitari ngombwa kuko ukekwa atigeze akurikiranwa ku gihe. Kandi igihe azafatwa nyuma y’urupfu rw’uwahohotewe, ibimenyetso ntibishobora kuba bigifite uburemere nk’ubwo byari bifite. ”

U Rwanda ruhamagarira buri gihe ibihugu by’amahanga gukurikirana no gucira imanza neza abo bakekwaho kuba baragize uruhare muri jenoside bahunze.

Muri Mutarama 2019, Jean Bosco Siboyintore yerekanye ko muri dosiye 980 zavuzwe mu bihugu 30, abajenosideri 22 bonyine ari bo baburanishijwe mu mahanga naho 19 boherezwa mu Rwanda. Ku manza zaciwe, yibutse ko u Bubiligi bwakemuye imanza umunani, Suwede ikemura eshatu. Ibindi bihugu ni u Buholandi (2), u Bufaransa (3), Canada (2) tutibagiwe na Finlande, Norvege, u Budage n’u Busuwisi byakemuye rumwe, rumwe.

Karegeya Jean Baptiste

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *