Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 02 Kamena, abatuye mu Murenge wa Nyabugogo, Akagari ka Kimisagara, mu Karere ka Nyarugenge, mu mazu y’ubucuruzi ahazwi nko ku Nkundamahoro, umugabo yahanutse mu igorofa yitura hasi ahita apfa, aho bikekwa ko yiyahuye nyuma yo gufata umugore we arimo gusambana n’undi mugabo mu rukerera nka saa kumi n’imwe, mu gihe abandi bakeka ko yaba yishwe kuko yaba uwo mugore uvugwa cyangwa uwo basambanaga ntawigeze agaragara.

Amakuru ari hanze aha kugeza ubu ataremezwa neza aravuga ko uyu mugabo yari asanzwe afitanye ibibazo n’umugore we.

Bamwe mu bari bahari bagiye bavuga ibintu bitandukanye kuri iyi nkuru bavuga ko umugabo yahageze agaparika imodoka akazamuka muri etaje ya gatanu aho yasanze umugore arimo gusambana n’undi mugabo hashira akanya bakabona arahanutse yituye hasi.

Aya ni amakuru ariko ahwihwiswa gusa kuko yaba uwo mugore uvugwa, yaba umugabo wamusambanyaga, nta n’umwe wigeze agaragara aho ngaho, mu gihe bivugwa ko umugore usanzwe ari umucuruzikazi yari yazindutse ajya kurangura.

Bivugwa ko umugabo yahamagwe n’umuntu amubwira ngo aze arebe umugore we arimo gusambana n’undi mugabo, ariko nta muntu wigeze abona uwo mugore cyangwa uwo mugabo ndetse no kuri iri gorofa ayo masaha ya saa kumi n’imwe nta muryango n’umwe wari ufunguye.

Twagerageje guhamagara umuvugizi wa RIB, ngo agire icyo atangaza kuri aya makuru ntiyatwitaba kuri telephone ndetse n’ubutumwa bugufi twamwandikiye yari atarabusubiza ubwo twarekuraga iyi nkuru.

Umva ibyo Bwiza TV yasanze ahabereye ibi

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa
    Mwabagome mwe mumujije kuvugira ubwoko bwe bwabanyamulenge, Ntaco muzogeraho mwankozi zibibi mwe, Twiteguye gupfa ariko ntituzoshira, Genecide muri gukora imurenge ntizotumaraho, gusa IMANA IHORA IHOZE

  2. Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa
    Mwabagome mwe mumujije kuvugira ubwoko bwe bwabanyamulenge, Ntaco muzogeraho mwankozi zibibi mwe, Twiteguye gupfa ariko ntituzoshira, Genecide muri gukora imurenge ntizotumaraho, gusa IMANA IHORA IHOZE

  3. Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa
    Muramwishe none ngwiki ico mumuzijije turakizi

  4. Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa
    Muramwishe none ngwiki ico mumuzijije turakizi

  5. Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa
    Muramwishe none ngwiki ico mumuzijije turakizi

  6. Nyabugogo: Yishwe? Yiyahuye? urujijo ku muntu bivugwa ko yahanutse ku igorofa
    Muramwishe none ngwiki ico mumuzijije turakizi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *