Abanyamakuru bamaze imyaka hafi 3 bafunze bataraburanishwa basubiye mu rukiko

Sangiza iyi nkuru

Abanyamakuru batatu bakoreraga televiziyo yo kuri youtube izwi nka Iwacu TV, baregwa guteza imvururu muri rubanda, basabye urukiko rw’ubujurire rwa Kigali kubafungura by’agateganyo bavuga ko bagiye kumara imyaka 3 bafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko bataraburanishwa.

Abaregwa uko ari batatu, Jean Damascene Mutuyimana, Schadrack Niyonsenga na mugenzi wabo Nshimiyimana Jean Baptiste, kuri uyu wa gatatu bagaragaye mu rukiko bose bambaye umwambaro w’iroza w’imfungwa, bunganirwa n’abanyamategeko babiri, Jean Paul Ibambe na Gilbert Ndayambaje.

Aba banyamakuru uko ari batatu batawe muri yombi mu Ukwakira 2018 ariko uko iminsi yagiye yicuma niko ibyaha byagiye bihindagurika bituma Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwiyambura ububasha bwo kuburanisha urubanza rwoherezwa mu rukiko rukuru.

Ni urubanza rwakagombye kuba rwarafashweho icyemezo cyemeza gufunga cyangwa gufungura by’agateganyo abo banyamakuru, ariko umucamanza mu rukiko rw’ubujurire aza guhindurirwa inshingano ashyirwa mu rukiko rw’ikirenga nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga.

Byabaye ngombwa ko urubanza ruhabwa indi nteko ikongera kurutangira, ariko abo banyamakuru bavuga ko bagiye kumara imyaka isaga itatu bafunzwe bataraburana mu mizi. Me Jean Paul Ibambe na mugenzi we Gilbert Ndayambaje, babwiye urukiko rw’ubujurire ko mu gusaba ko abaregwa bafungurwa by’agateganyo batabishingira gusa ku gihe kirekire bamaze bafunzwe, ahubwo ko binateganywa n’amategeko.

Urukiko rukuru nirwo rwaregewe urubanza mu mizi ariko rwafashe icyemezo ko aba banyamakuru bakomeza gufungwa mu gihe bataraburana.

Aba banyamakuru bashinjwa ibyaha birimo guteza imidugararo muri rubanda no gukwiza impuha zangisha igihugu ibihugu by’amahanga, ibyaha bishobora guhanishwa igihano kigera ku myaka 15 y’igifungo.

Abaregwa bakaba babwiye urukiko ko umuntu yagombye kuba afunze muri gereza ari uko arimo kurangiza igihano yahawe. Schadrack Niyonsenga umwe mu baregwa, yabwiye urukiko ko mu gihe cyose bamaze bafunze basanga ubushinjacyaha butagaragaza n’impamvu bafunze.

Ati : “Imyaka hafi ine dufunze by’agateganyo tumeze nk’abarangiza igihano kitanditswe n’urukiko.”

Umucamanza akaba yavuze ko inyito y’icyaha ishobora kugenda ihinduka bitewe n’uko dosiye igenda ijya imbere, mu gihe abunganira abaregwa bavuga ko itegeko nshinga u Rwanda rugenderaho risumba ayandi ryemerera buri wese ubutabera bukwiye. Abaregwa bakavuga ko kuva bafatwa ibyaha baregwa bimaze guhindurirwa inyito inshuro eshatu.

Bavuga ko batangiye baregwa icyaha cyo gutangaza amajwi n’amashusho binyuranyije n’uko byafashwe, bo bakavuga ko bafunze binyuranyije n’amategeko.

Umunyamategeko Ibambe yongeraho ko mu guhindura inyito y’icyaha ku nshuro ya gatatu, ubushinjacyaha bwasanze butazabasha gusobanura uko bwafunze abaregwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, avuga ko mu butabera bw’u Rwanda bidasanzwe kuba hari uwafungwa imyaka hafi ine ataraburanishwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko kugeza ubu nta mategeko yishwe na cyane ko n’ibyaha baregwa gihanishwa igihe bamaze bafunzwe. Francois Mutayoba uhagarariye ubushinjacyaha yasobanuye ko kutababuranisha ku gihe byatewe n’uko hari ibindi birego by’abafungwa byageze mbere mu rukiko mbere y’iki cy’aba banyamakuru akavuga ko urubanza rutatindijwe ku bushake.

Yasabye abaregwa kwihangana bagategereza igihe bazatangira kuburanishwa mu mizi na cyane ko urukiko rwabageneye itariki muri uku kwezi kwa gatandatu ya 14. Ni mu gihe biteganyijwe ko urukiko rw’ubujurire rwo ruzatanga umwanzuro ku cyifuzo cyabo ku itariki ya 02 Nyakanga.

Aba banyamakuru ibyaha baregwa bifitanye isano n’ibyo batangajwe ku muyoboro wa Iwacu Tv ku bitero by’umutwe FLN mu 2018, aho bivugwa ko inkuru batangazaga babaga bazikuye ku bindi bitangazamakuru bitandukanye bakazivuga uko zitari izindi bakazihimbira.

Ni mu gihe bavuga ko bo inkuru zabo bazihaga imitwe igamije gukurura ababakurikira, kandi ibyo bakoze byaba amakosa yagombye gusuzumwa mu rwego rw’umwuga w’itangazamakuru.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *