Umwanditsi wa kimwe mu binyamakuru bikomeye muri Uganda yahamagajwe na polisi ngo ahatwe ibibazo nyuma yo gutangaza amakuru yavuye mu iperereza ryakozwe na BBC ku bwicanyi bwakozwe n’abapolisi mu mwaka ushize i Kampala.
Tabu Butagira ni umwanditsi wa Daily Monitor wakoze inkuru yaje ku rupapuro rw’imbere rw’iki kinyamakuru kuwa 31 Gicurasi.
Tony Glencross, umuyobozi mukuru wa Nation Media Group, ari nayo nyiri Daily Monitor na we yarahamagajwe.
Aba bagabo bombi bakekwaho gutangaza amakuru y’ibinyoma, gusebanya, no gushishikariza rubanda kwigomeka.
Butagira yabwiye BBC ko ibirego “bishoboka ko ari ibya politiki” kandi ko abunganira Daily Monitor bazabivuguruza.
Glencross we yavuze ko bombi bazubahiriza ihamagarwa, ariko ko kuri ubu yishyize mu kato nyuma yo guhura na Covid-19 kandi ko atazashobora kwitaba polisi kugeza mu cyumweru gitaha.
Filime mbarankuru ya BBC Africa Eye BBC, Ubwicanyi Butatu i Kampala, yasohotse ku ya 31 Gicurasi, yerekanye ibimenyetso byerekana ko inzego z’umutekano za Uganda zarashe ku buryo butemewe ku bahisi mu murwa mukuru Kampala mu Gushyingo gushize, zihitana kandi zikomeretsa abantu badafite intwaro barimo abagore n’abana.
Ikinyamakuru Daily Monitor ntabwo cyagize uruhare mu iperereza. Ariko nyuma y’ibimenyetso bigaragara muri filime ya BBC, iki kinyamakuru cyatangaje ko ku ya 18 Ugushyingo ahagana mu ma saa 14h00 z’amanywa, abantu bitwaje imbunda bari mu ikamyo y’abapolisi ifite nimero ya pulake UP5564 yanyuze ku Muhanda wa Kampala barasa amasasu ya nyayo mu baturage.


