Akanama Gahoraho ka OIF kahagaritse Mali mu muryango

Sangiza iyi nkuru

Akanama Gahoraho k’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) kuri uyu wa Kane, itariki 03 Kamena, kateraniye mu nama idasanzwe yigaga ku gihugu cya Mali yari iyobowe n’Umunyamabanga Mukuru w’umuryano, Louise Mushikiwabo, hafatwa umwanzuro wo guhagarika iki gihugu mu muryango.

Mu mwanzuro wafashwe aka kanama gahoraho ka Francophonie (CPF) kamaganye kivuye inyuma ibiherutse kuba muri Mali byo guhirika ubutegetsi, maze kagendeye mu biteganywa n’Itangazo rya Bamako (Déclaration de Bamako) gafata icyemezo cyo guhagarika Repubulika ya Mali mu nzego za Francophonie, ariko kagumizaho gahunda z’ubufatanye zisanzwe hagati ya Mali n’umuryango zirimo nko gufasha mu nzira yo gusubiza mu buryo itegeko nshinga na demokarasi.

Muri uwo mwanzuro, CPF “irasaba inzego zishinzwe kurinda igihugu n’iz’umutekano muri Mali gukuraho byimazeyo amategeko yose yashyizweho abangamira abanyapolitiki bose, cyane cyane gufungirwa mu rugo k’uwahoze ari Perezida na Minisitiri w’intebe”.

Akanama Gahoraho ka Francophonie kandi karasaba “gushyiraho minisitiri w’intebe w’umusivili na guverinoma ihuriweho na bose igaragaza itandukaniro ry’imibereho na politiki muri Mali no kubahiriza amategeko ya Mali yerekeye guhagararirwa kw’abagore mu nzego za politiki”.

Iyi nkuru dukesha PressAfrik ikaba yibutsa ko abategetsi b’inzibacyuho, hakurikijwe Amasezerano y’inzibacyuho, batazemererwa gutorwa mu matora ataha, CPF irasaba ko ayo matora “yategurwa bitarenze muri Werurwe 2022, kandi akazakorwa mu mucyo no mu bwisanzure.

Usibye muri OIF, igihugu cya Mali kandi giherutse guhagarikwa mu muryango wa CEDEAO ndetse no mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *