Kuri uyu wa Gatanu, uwahoze ari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump yahagaritswe kuri Facebook kuzageza muri Mutarama 2023, nk’uko byatangajwe na sosiyete y’urubuga nkoranyambaga, yongeraho ko batazongera gusonera abavuga rikijyana kuri amwe mu mahame yayo.
Mu magambo ye, Visi Perezida w’ibikorwa mpuzamahanga bya Facebook, Nick Clegg, yagize ati: “Dukurikije uburemere bw’ibintu byatumye Bwana Trump ahagarikwa, twizera ko ibikorwa bye ari ukurenga ku buryo bukabije amategeko yacu akwiye guhanishwa igihano kinini kiboneka muri protocole nshya.”
Ati: “Duhagaritse konti ye mu gihe cy’imyaka ibiri, guhera ku munsi yahagaritswe bwa mbere ku ya 7 Mutarama uyu mwaka.”
Nk’uko tubikesha AljazeeraIri tangazo ry’iki kigo rije nyuma y’uko akanama gashinzwe kugenzura kashyizweho na Facebook kanenze ihagarikwa mu gihe kitazwi rya mbere nyuma y’uko uwahoze ari perezida ashimiye abagize uruhare mu myigaragambyo yo ku Nteko ishinga Amategeko ya Amerika ( Capitol ) ku ya 6 Mutarama.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


