RDC: Umupfakazi wa Gen Kahimbi n’abo bareganwaga kugira uruhare mu rupfu rwe bagizwe abere

Sangiza iyi nkuru

Abaregwaga bose mu rubanza rw’iyicwa rya Gen. Delphin Kahimbi, barimo umugore we na nyirabukwe bagizwe abere. Mu cyemezo cyarwo cyatanzwe ku wa mbere, tariki ya 7 Kamena muri gereza nkuru ya Makala i Kinshasa, Urukiko Rwisumbuye rwavuze ko nta kirego rwasigaranye ku baregwa.

Mu gihe nta bimenyetso bifatika byerekeranye n’iyicwa ry’uwahoze ari umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare bw’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Urukiko Rwisumbuye rwa Kinshasa rwatangaje ko umupfakazi wa Gen. Delphin Kahumbi n’abandi bareganwaga bose barekuwe.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ibihano kuva ku myaka 15 kugeza kuri 20 n’igihano cy’urupfu nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ibyibutsa.

Urubanza rwatangiye guhera ku ya 3 Gicurasi, rwa Gen. Kahimbi wasanzwe yapfiriye mu rugo rwe ku ya 28 Gashyantare 2020, rurangiye ubutabera butabashije gusobanura neza uko urupfu rwe rwagenze.

Gen. Delphin Kahimbi, yapfuye yari yahagaritswe ku mirimo ye, iminsi ibiri mbere y’urupfu rwe, nyuma yo gufatwa ku ya 20 Gashyantare 2020 n’Ubuyobozi bukuru bw’abinjira n’abasohoka (DGM), ubwo yari agiye guhaguruka yerekeza muri Afurika y’Epfo.

Yafashwe aregwa n’inama y’umutekano y’igihugu guhisha intwaro no gushaka guhungabanya umutekano. Yakekwaga kandi “kuneka guverinoma iriho ubu ” ya Perezida Tshisekedi.

Mu nkuru iheruka Bwiza iheruka kubagezaho ndetse hagaragaramo ukuntu ubu butegetsi bwa Tshisekedi bushobora kuba ari nabwo bwamwivuganye nk’uko ubuhamya butandukanye bwageraga kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa bwabigaragaje.

Soma iyo nkuru hano hasi

Ahabanza

Gen. Delphin Kahimbi, wafatwaga nk’uwahoze ari umuntu wa hafi wa Perezida Joseph Kabila, yabaye umugaba mukuru wungirije wa FARDC ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu gihe cy’imyaka itandatu. Mbere yaho, yagiye asimburana ku myanya itandukanye nk’uwa Komanda wungirije wa Operation Kimya 2 muri Kivu y’Amajyepfo ndetse Komanda wungirije ushinzwe ibikorwa n’ubutasi mu karere ka 34 ka gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru .

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *