Ku nshuro ya mbere, abayobozi bavuze ko indege idafite abapilote yongereye amavuta mu ndege y’intambara y’Abanyamerika hagati mu kirere nk’uko abayobozi babitangaje kuwa Mbere ushize. Iyi ndege y’intambara yo mu bwoko bwa F / A-18 Super Hornet na drone yakozwe na Boeing byahujwe mu n’itiyo ya pulasitike yanyujijwemo amavuta y’indege iri mu kirere kuwa Gatanu ushize.
Boeing yavuze ko icyo gihe F/A-18 yegereye drone izwi ku izina rya MQ-25 Stingray, iturutse inyuma kandi yari nko muri metero 20 uvuye hagati yazo. Itiyo yavuye kuri drone ihuzwa n’iyi ndege y’intambara kugirango yakire lisansi. Igisirikare cya Amerika cyashyize ahagaragara amashusho yindege yongererwa lisansi na drone kuri Twitter.
Nk’uko tubikesha CBS News, aya ni andi mateka yanditswe mu mateka y’indege zitagira abapilote. MQ25 ikaba yabaye indege ya mbere idafite abadereva yabashije kongerera lisansi indi ndege y’intambara. Ku ndege zisanzwe ariko ibi byo bikaba byari bisanzwe ko indege yakongerera indi lisansi ziri mu kirere.
Iri gererageza ryakorewe ku kibuga cy’indege cya St. Louis i Mascoutah, muri Illinois, Igisirikare ku bufatanye na Boeing bakaba bavuga ko bateganya kugerageza ibi bintu no ku ndege z’ubwikorezi za gisivili mu mpera z’uyu mwaka.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


