Nibura abantu 13 bakomeretse, babiri muri bo bikomeye, nyuma yo kurasirwa mu mujyi wa Austin, muri Texas kuri uyu wa Gatandatu, aho amasasu yarashwe mbere ya saa 1:25 za mu gitondo (06:25 GMT) ku muhanda wa gatandatu, agace kagendwa cyane kuzuyemo utubari na resitora.
Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi muri Austin, Joseph Chacon, yatangaje ko umuhanda wari wafunzwe kugira ngo hatagira imodoka ziwucamo mu gihe cyo kurasa.
Chacon ati: “Abapolisi bacu batabaye vuba”.
Yakomeje agira ati: “Bashoboye guhita batangira ingamba zo kurokora ubuzima kuri benshi muri aba barwayi… ”
Chacon yavuze kandi ko abapolisi bamwe bajyanye abarwayi mu bitaro mu modoka zabo za polisi bitewe n’imiterere y’ahabereye kurasa, aho byari bigoye guhagarika imbaga no kubona imbangukiragutabara ku bakomeretse.
Uwarashe ntabwo yahise atabwa muri yombi nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga, kandi ntihamenyekanye icyamuteye kurasa.
Chacon yavuze ko ibisobanuro abapolisi bari bafite ku ukekwaho icyaha “bidasobanutse neza” ariko akavuga ko uyu muntu ukekwa ari umugabo.
Yongeyeho ko abashinzwe iperereza barimo gusuzuma amashusho yafashwe na za camera z’ubugenzuzi n’ibindi bimenyetso byaturutse muri ako karere.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


