OTAN ivuga ko u Bushinwa buteye inkeke za gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi bo mu muryango w’ubwirinzi bwa gisirikare bw’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO) bari bari mu nama i Buruseli mu Bubiligi, baburiye ko Ubushinwa buteje inkeke mu bya gisirikare, bavuga ko imyitwarire yabwo ari “ingorane ahantu hose”.

Bavuze ko Ubushinwa burimo kongera byihuse intwaro zabwo za nikleyeri, kandi ko “budakorera mu mucyo” ku bijyanye no guteza imbere igisirikare cyabwo, ndetse ko bufitanye ubufatanye n’Uburusiya mu rwego rwa gisirikare.

Umukuru wa OTAN Jens Stoltenberg yaburiye ko Ubushinwa “buri hafi gushyigikira [kugera]” ku rwego rwa OTAN mu bijyanye n’igisirikare n’ikoranabuhanga.

Ariko yashimangiye ko uyu muryango udashaka kongera kurwana intambara y’ubutita nshya n’Ubushinwa.

OTAN igizwe n’ibihugu 30 by’i Burayi n’Amerika. Yashinzwe mu 1949 nyuma y’intambara ya kabiri y’isi, nk’igisubizo ku nkeke yari itewe no gukomeza kwaguka k’ubutegetsi bugendera ku mahame ya gikomunisti.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *