Kuva yatorwa mu 2000, Perezida w’u Burusiya uriho ubu amaze kubona abayobozi 40 batandukanye b’ibihugu 7 bikize cyane ku Isi, G7 bava ku butegetsi bakamusiga akiyobora.
Vladimir Putin amaze kwicarana n’abayobozi babiri b’Abadage, Gerhard Schröder na Angela Merkel, abaperezida bane b’Abafaransa (Chirac, Sarkozy, Hollande na Macron), ba minisitiri b’intebe bane ba Canada, abaperezida batanu b’Abanyamerika, ba minisitiri b’intebe b’abataliyani basaga 10 na ba minisitiri b’intebe b’u Buyapani 11, ba minisitiri b’intebe b’u Bwongereza batanu.
Abaperezida bane bo muri Amerika bamaze gusiga Putin ku butegetsi wavuga, Bill Clinton, George W. Bush, Barack Obama na Donald Trump. Joe Biden nawe kandi ashobora kuzamusiga ku butegetsi.

Azi kandi ba Minisitiri b’Intebe ba Canada bane uhereye kuri Jean Chrétien wavuyeho mu 2003, Paul Martin wavuyeho mu 2006, Stephen Harper wavuyeho mu 2015, na Justin Trudeau uriho ubu.
Mu bihugu bigize G7, umuyobozi umwe wenyine niwe wegereye Vladmil Putin ni Angela Merkel. Nyuma y’imyaka 16 ku buyobozi bw’u Budage, uyu nawe arateganya kuva ku butegetsi muri Nzeri.
Nubwo kuva mu 2008 kugeza 2012, Putin yabaye aretse umwanya w’umukuru w’igihugu akaba minisitiri w’intebe, kubera impamvu y’umubare ntarengwa wa za manda, yasubiye ku butegetsi nyuma y’imyaka ine.

Imbonerahamwe y’abayobozi bamaze kugenda bagasiga Putin
Icy’ingenzi kandi nk’uko iyi nkuru dukesha Libération ivuga, nyuma y’aho itegeko nshinga ry’u Burusiya riherutse kuvugururwa, ubu ashobora kuguma ku butegetsi indi myaka myinshi, kuzageza mu 2036.
Twababwira ko u Burusiya bwirukanwe mu Muryango w’ibihugu bya mbere bikize cyane ku Isi byari umunani bikaba G8, ari nayo mpamvu hasigayemo birindwi bikaba (G7) mu 2014 nyuma y’aho u Burusiya bwambuye Ukraine intara Crimea bukayigira imwe mu ntara zabwo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


