Biravugwa ko uwahoze ari guverineri wa Nairobi, Evans Kidero, yishyuye miliyoni 30 z’amashiringi y’amande (Miliyoni zisaga 275 Frw)kubera gukubita umunyapolitiki mugenzi we Rachel Shebesh mu 2013, bikaba bishoboka ko ari rwo rushyi rwa mbere ruhenze mu mateka.
Mu kiganiro kuri Ghetto Radio, Shebesh, icyo gihe wari uhagarariye abagore ba Nairobi mu nteko ishinga amategeko, yemeye ko yemeye gukemura amakimbirane hanze y’urukiko n’umunyapolitiki wo mu rwego rwo hejuru.
“Kidero yarishyuye ariko menshi cyane, amafaranga menshi cyane, ntashobora kubisubiramo. Sinari kubireka gutyo. Gukubita urushyi umugore muri iki gihugu muri iki gihe hari ingaruka….yishuye hafi miliyoni 30 Ksh (Kidero yampaye amafaranga menshi. Ntabwo nemeye kurekura gutya. Nashakaga gutanga urugero) “, ibi Shebesh yabihishuriye abanyamakuru b’iyi radio, Julius Owino uzwi ku izina rya Majimaji na Nicholas Cheruiyot, uzwi ku izina rya King Kafu.
Shebesh yongeyeho ko ikosa rya Kidero kwari ukugira ubwibone no gutinyuka gukubita umugore yibwira ko byoroshye.
Yongeyeho ati: “Iyo ntakomeza umutsi kuri Kidero, nari kuba mfunguye irembo kuri buri mugore uhatanira icyicaro ryo gufatwa nk’uko Kidero yamfashe.”
Ibi byabaye muri Nzeri 2013 nyuma y’igihe gito Kidero atangiye imirimo. Shebesh yari yibasiye ibiro bye asaba Guverineri gukemura ikibazo cy’imyigaragambyo y’abakozi bo mu Ntara ya Nairobi bamwe muri bo bakaba barafunzwe kubera uruhare bagize muri iyo myigaragambyo.
Hakurikiyeho intonganya aho bivugwa ko guverineri yakubise urushyi ruremereye Shebesh rukamuzungereza akanya gato mbere yuko abafasha be bamutabara.
Uwahoze ahagarariye abagore yahise atanga ikirego cyo gukubitwa na Kidero.
Muri Mutarama 2014, abatangabuhamya batanu bavuye muri uru rubanza bavuga ko babikoze kugira ngo baharure inzira y’ubwiyunge hagati y’abahoze ari abayobozi b’intara birangira Kidero yemeye kwishyura amande aremereye.
Kidero yaje gutaka umwanya wa guverineri wa Nairobi asimburwa na Mike Sonko ariko arateganya kugaruka ku mwanya nk’uyu ariko mu Ntara ya Homabay.
Shebesh nawe yananiwe kugumana icyicaro mu nteko ariko Perezida Uhuru Kenyatta yamugize umunyamabanga mukuru w’ubutegetsi ushinzwe uburenganire (CAS).
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


