Ebrahim Raisi wahoze ari umucamanza niwe watsinze amatora ya perezida muri Iran mucyiciro cya mbere aho yakubise inshuro mu buryo bugaragara abandi bakandida batatu bahataniraga kuyobora iki gihugu.
Ibyavuye mu matora bya nyuma birajya ahagaragara mu masaha ari imbere kuri uyu wa Gatandatu, ariko bigaragara ko Raisi yabonye amajwi arenga 50%.
Bwana Raisi ni umucamanza mukuru wa Iran kandi wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakunze kumushinja kugira uruhare mu iyicwa ry’abanyapolitiki benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Amajwi agera kuri 90% yabaruwe, Raisi yabonyemo miliyoni 17.8, Rezaei miliyoni 3.3 na Hemmati miliyoni 2.4, nk’uko byatangajwe na Jamal Orf, ukuriye ibiro bishinzwe amatora muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu. Orf yavuze ko umukandida wa kane muri iri rushanwa, Amirhossein Ghazizadeh Hashemi, yagize amajwi agera kuri miliyoni nk’uko bitangazwa na Euronews.
Ebrahim Raisi ni muntu ki ?
Uyu mugabo w’umunyedini w’imyaka 60 y’amavuko yabaye umushinjacyaha mu buzima bwe hafi ya bwose. Yagizwe umuyobozi w’ubucamanza mu 2019, nyuma y’imyaka ibiri atsinzwe na Hassan Rouhani mu matora ya perezida aheruka.
Bwana Raisi yiyamamaje nk’umuntu ukwiye uzarwanya ruswa no gukemura ibibazo by’ubukungu bwa Iran. Ubwo nawe yatangaga ijwi rye muri Tehran, yagize ati: “Ibibazo by’abaturage bacu ku makosa ni ukuri.”
Yizerwa cyane n’abayobozi b’amadini bayobora Iran, ndetse agaragara nk’ushobora kuzasimbura Ayatollah Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


