Kompanyi yo mu Budage yitwa Vaay yashyize hanze urutonde rwerekana uko imijyi 100 ihagaze ku gutera siteresi (imihangayiko) ku bantu bayituyemo muri uyu mwaka wa 2021. Ni urutonde rwakozwe hagenzurwa imijyi 500 yo ku isi gusa imwe Vaay ikavuga ko bayiretse kuko nta makuru yizewe muyo bashakaga bayibonyeho. Mu gukora uru rutonde, hagendewe ku birimo: umudendezo n’umutekano, ubwuzuzanye bw’ibitsina byombi, ubucucike, guhumanya ikirere, ibura ry’akazi n’ubukene, ubwisanzure bwa politiki no mu buzima busanzwe na ambutiyaje. Ku mugabane wa Afurika, ntiharimo imijyi myinshi; ntibivuze ko nta mihangayiko ku bayituyemo, ahubwo amakuru akenewe yizewe, Vaay ntiyayabonye. Hagendewe ku byavuzwe haruguru, dore uko iyi mijyi yo muri Afurika ikurikirana: 6. Algiers muri Algeria: Amanota 58.3% 5. Casablanva muri Maroc: Amanota 57.1% 4. Nairobi muri Kenya: Amanota 56.1% 3. Dakar muri Senegal: Amanota 53.6% 2. Cairo mu Misiri: Amanota 49.5% 1. Lagos muri Nigeria: Amanota 19.9% Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Urutonde rw’imijyi 6 yo muri Afurika kuyituramo biteye siteresi mu 2021
nimujya mukora inkuru nkizo mujye munagaragaza aho u Rwanda rwacu ruhagaze.
Urutonde rw’imijyi 6 yo muri Afurika kuyituramo biteye siteresi mu 2021
nimujya mukora inkuru nkizo mujye munagaragaza aho u Rwanda rwacu ruhagaze.