Abantu 29 barimo abahoze mu gisirikare cy’u Burundi (FNDB), ni bo batawe muri yombi bazira kugaba ibitero byaguyemo Abarundi batari bake.
Ni ibitero byabaye hagati ya Mata na Gicurasi uyu mwaka, bigwamo abatari bake.
Igitero cyagabwe muri Komini Rusaka ho mu ntara ya Mwaro muri Mata cyaguyemo abantu barindwi, icyagabwe i Muramvya kigwamo ababarirwa mu munani mu gihe icy’abitwaje za grenade cyagabwe i Bujumbura cyaguyemo abantu babiri mu gihe abatari bake bakomeretse.
Umuvigizi wa Polisi y’u Burundi na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Pierre Nkurikiye, yavuze ko abantu 26 barimo abahoze ari abasirikare ari bo batawe muri yombi bazira kugira uruhare muri biriya bitero, ndetse ababiri inyuma bakaba baramaze gushyikirizwa ubutabera.
Hari mu kiganiro cyahuje itangazamakuru n’abavugizi b’inzego zitandukanye mu Burundi kuri uyu wa Gatanu.
Ati: “Iperereza rya Polisi risa n’iryarangiye kuko hafashwe abantu 14 kuri iki gitero cyabereye mu Rusaka, harimo abahoze ari abasirikare bane. Ku gitero cyabereye i Muramvya hafashwe abantu 12 barimo abahoze ari abasirikare babiri n’uwahoze ari umupolisi wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru umwe.”
“Hanyuma kuri iki gitero cyabereye cya za grenade cyagabwe i Bujumbura hafashwe abantu batatu, barimo umwe wafatanwe grenade ya kabiri yagiraga ngo atera nyuma yo gutera iya mbere ikamuturikana.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi yavuze ko bariya bantu uko ari 26 bamaze gushyikirizwa ubutabera, ndetse hakaba hari ibimenyetso byerekana ko ari bo bari inyuma ya biriya bitero.


