eee210d4-a6f3-40ff-8ccb-169552042fc4.jpg

Belarusse: Umunyamakuru wafashwe akuwe mu ndege yarekuwe nyuma y’igihe gito yemeye ibyaha

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru, Roman Protasevich utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Belarusse wafashwe akuwe mu ndege ya Ryanair yahatiwe kugwa ku kibuga cy’indege cya Minsk, yemerewe gusohoka aho yari afungiye mu rugo nyuma y’ibyumweru bike yihannye ku kuri televiziyo ya Leta akemera ko yakoze ibyaha.

Iyi ndege yahatiwe kugwa n’indege z’intamba ra za Belarusse yari ivuye Athens mu Bugiriki igana Vilnius mu murwa mukuru wa Lithuania, yatumye ibihugu byo mu burengerazuba bifatira ibihano ubutegetsi bwa Alexander Lukashenko wongeye gutorerwa kuba perezida wa Belarusse mu mwaka ushize hagakurikiraho imyigaragambyo ikaze yamaganaga ubutegetsi bwe.

eee210d4-a6f3-40ff-8ccb-169552042fc4.jpg

Roman Protasevich wahoze ari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru cy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Nexta utuye mu buhungiro muri Lithuania, yatawe muri yombi ari kumwe n’umukunzi we mu kwezi gushize nyuma y’uko abategetsi ba Belarusse bahatiye indege kugwa, bavuga ko yarimo igisasu.

Nexta, umuyoboro uri kuri porogaramu yo kohererezanya ubutumwa bwa Telegram Protasevich yashinze kandi akabera umwanditsi mukuru kugeza muri Nzeri ishize, yagaragaye nk’igikoresho gikomeye gifasha abatavuga rumwe n’ubutegetsi guhuza ibikorwa by’imyigaragambyo y’umwaka ushize yabereye muri Belarusse nyuma y’itsinzi ya Lukashenko itaravuzweho rumwe yakurikiwe n’imyigaragambyo n’urugomo rukabije rw’abapolisi.

Iyi nkuru dukesha The Telegraphy ivuga ko Abategetsi ba Belarusse bashakaga Protasevich, bavugaga ko ari umuterabwoba, ku birego byo gutegura iyo myigaragambyo.

Uyu nyuma yaje kugaragara mu kiganiro kuri televizyo y’igihugu yemera ko yagize uruhare mu gutegura iyo myigaragambyo yabereye mu murwa mukuru, Minsk, ariko ababyeyi be n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bemeza ko yakorewe iyicarubozo agahatirwa kwemera ibyo yatangaje.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *