Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze ku ngingo zitandukanye, rwashyize hanze uko imijyi ihenze kuyibamo ku Isi (Current Cost of Living Index by City 2021). Uru rubuga ruvuga ko mu gukora urutonde, hagendewe ku Mujyi wa New York wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ruvuga ko rwagenekereje harebwe ku biciro by’ibiribwa, resitora, ibiciro by’ingendo n’ibindi nkenerwa (utilities). Ruvuga ko muri ibi, nta giciro cy’amacumbi cyangwa ingwate birimo. Byose bibarwa ku 100% mu gihe umujyi urenze iki gipimo, uba urengejeho New York uwo mubare urengaho ku ijana. Hagendewe ku byavuzwe haruguru, dore uko iyi mijyi ikurikirana mu guhenda kubayibamo muri Afurika y’Iburasirazuba ari nako gace u Rwanda rubarizwamo: 7. Dar es-Salaam muri Tanzania: Ubuzima buhenze ku gipimo cya 33.38% 6. Lusaka muri Zambia : Ubuzima buhenze ku gipimo cya 33.59% 5. Kigali mu Rwanda : Ubuzima buhenze ku gipimo cya 33.38% 4. Kampala muri Uganda: Ubuzima buhenze ku gipimo cya 35.43% 3. Nairobi muri Kenya: Ubuzima buhenze ku gipimo cya 37.69% 2. Harare muri Zimbabwe: Ubuzima buhenze ku gipimo cya 47.17% 1. Addis Ababa muri Ethiopia: Ubuzima buhenze ku gipimo cya 56.39% Umujyi wa Kigali uri ku mwanya wa 19 muri Afurika mu mijyi bihenze kubamo: Ubuzima buhenze ku gipimo cya 33.81% Numbeo ni urubuga rwizewe ruhurizwaho amakuru ku ngingo nyinshi ku bijyanye n’ubuzima, ibyaha, ibiciro n’irindi barurishamibare. Rwashinzwe na Adamovic Mladen mu 2009. Amakuru yarwo akunze kwifashishwa na UN, ibigo byayo nka FAO ndetse na Banki y’Isi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


