Umuvugizi wa Guverinoma ya Ethiopia, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu zishobora kongera kwinjira mu murwa mukuru wa Tigray mu byumweru biri imbere nyuma y’aho uherutse kwigarurirwa n’abarwanyi ba TPLF mu cyumweru gishize.
Ni ku nshuro ya mbere Leta ya Ethiopia igize icyo itangaza kuva umurwa mukuru wa Tigray, Mekelle, wakongera kwigarurirwa n’ingabo za TPLF.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko kuri uyu wa Gatatu mu wundi mujyi wigaruriwe na TPLF witwa Shire naho hari ibirori nk’ibyakozwe muri Mekelle nyuma yo kongera kwigarurirwa n’aba barwanyi ingabo za Eritrea zimaze kuhava.
Igisirikare cya Ethiopia cyaburiye aba barwanyi bo muri Tigray ko bazahura n’akaga gakomeye karenze ako bahuye nako ubwo birukanwaga muri Mekelle mbere.
Kuwa Mbere, Leta ya Ethiopia yo yari yatangaje agahenge ku ruhande rwayo, ariko umuvugizi wa TPLF, Getachew Reda we atangaza ko ari gukina ikinamico ingabo zabo zirukanwe muri Mekelle.
Getachew avuga ko bo nta gahenge bazaha abanzi babo bo mu Ntara ya Amhara n’abanya-Eritrea kandi ko bazabirukana mu ntara yabo ya Tigray.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


