Umusore w’imyaka 31 y’amavuko wo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), aho akekwaho gufata ku ngufu umukecuru w’imyaka 61 y’amavuko. Uwo musore usanzwe akora akazi k’ububaji n’ubwubatsi, yatawe muri yombi tariki 30 Kamena 2021, aho mu ijoro rishyira iyo tariki ya 30, ngo yahuye n’uwo mukecuru agenda wenyine mu kumugirira impuhwe amusaba kumuherekeza, mu rwego rwo kumurindira umutekano. Ngo ubwo yamuherekezaga, bageze mu nzira amufata ku ngufu amakuru amenyekana mu gitondo ubwo uwo mukecuru yazindutse ajya kwa Mudugudu kurega uwo musore, nk’uko Kigali Today ibitangaza. Ubuyobozi avuga ko bashobora kuba bari basinze, dore ko binabujijwe kugenda muri ayo masaha nk’uko biri mu ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]
XMA Header Image
Bwiza TV – YouTube
youtube.com


