Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amagaguru ku Isi (FIFA), yashimiye APR FC nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona cya 19 mu mateka yayo.
Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo APR FC yegukanye igikombe cya 19 cya shampiyona, kiba icya kabiri cyikurikiranya iyi kipe y’igihugu yari yegukanye idatsinzwe.
Infantino yashimiye APR FC ku wa 01 Nyakanga, abinyujije mu ibaruwa yandikiye Nizeyimana Mugabo Olivier uheruka gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA.
Ati: “Munyemerere nshimire APR FC kuba yaregukanye igikombe cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ya 2020/2021.”
Infantino yavuze ko kuba APR FC yaregukanye kiriya gikombe “nta gushidikanya ko byatewe n’umuhate, ishyaka no kwiyemeza”, ashimangira ko buri wese muri APR FC akwiye kwishimira kiriya gikorwa gikomeye ikipe yagezeho.
Yunzemo ati: “Ndashimira buri wese wabigizemo uruhare, ariko nkabashishikariza gukomeza gukorana nk’ikipe iharanira gutsinda, ishyaka no kwiyemeza.”
APR FC izanahagararira u Rwanda muri CAF Champions League.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


