Inyeshyamba za Tigray zerekanye ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafashe mpiri

Sangiza iyi nkuru

Ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zazengurukijwe imihanda y’umujyi wa Mekelle wo mu ntara ya Tigray, nyuma yo gufatwa mpiri n’inyeshyamba z’ishyaka riri ku butegetsi muri iriya ntara bamaze igihe bahanganye.

Aba basirikare berekanwe ejo ku wa Gatanu mbere yo kujya gufungwa.

Amashusho yafashwe n’ikinyamakuru The New York Times yerekana ibihumbi bya bariya basirikare bashorewe n’inyeshyamba za leta ya Tigray.

Abenshi muri bo bari bubitse imitwe, abandi babahetse mu ngobyi z’abarwayi, mu gihe hari n’abo byagaragaraga ko bafite ibipfuko nyuma yo gukomerekera ku rugamba.

Mu Ugushyingo umwaka ushize ni bwo intambara yubuye hagati y’ingabo za Ethiopia n’iza Tigray, mbere yo gusiga ababarirwa mu 400,000 bugarijwe n’inzara, abarenga miliyoni ebyiri bava mu byabo mu gihe abandi benshi bahohotewe.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yari yatangarije i Addis Ababa mu murwa mukuru wa Ethiopia ko amakuru avuga ko ingabo za Ethiopia zatsinzwe ari ibinyoma.

Yavuze ko ingabo za Leta zahisemo kurambika intwaro ku bw’impamvu zo gutabara abaturage bari basumbirijwe n’ingaruka z’intambara.

Mu Ukuboza 2020 bwo Abiy yari yatangaje ko ingabo za Ethiopia zatsinze inyeshyamba ndetse zikanigarurira umujyi wa Mekelle, gusa nyuma y’aho urugamba rwarakomeje ndetse hashize amezi arindwi imirwano iri kuba.

Kwerekana bariya basirikare byari muri gahunda ya Leta ya Tigray yo kunyomoza ibyatangajwe na Minisitiri Abiy.

Amashusho ya The New York Times yerekana abaturage ba Tigray basa n’ababyina intsinzi ubwo abasirikare ba Ethiopia batambukaga imbere y’abo, ari na ko bavuga imyato ingabo z’iriya ntara.

Umukobwa w’imyaka 14 witwa Mearge Gebroemedhin n’ibyishimo byinshi yumvikana agira ati: “Bariya basirikare bose bagerageje kutwica, ariko abasirikare b’abanya-Tigray berekanye impuhwe. Ntewe ishema n’abasirikare bacu.”

Umuyobozi w’ishyaka Tigray People’s Liberation Front (TPLF), Debretsion Gebremichael, aheruka gutangaza ko ingabo za ririya shyaka zafashe mpiri abasirikare ba Ethiopia barenga 6,000.

Yavuze ko ubuyobozi bwa Tigray buri gukorana na Komite Mpuzamahanga y’umuryango utabara imbabare, kugira ngo abasirikare bato ba Ethiopia barekurwe, mu gihe ba Ofisiye bo bagomba gukomeza gufungwa.

Amasezerano ya GĂ©nève ateganya ko imfungwa z’intambara zigomba guhabwa ibyo kurya n’imyambaro, kandi zikarindwa urugomo, guterwa ubwoba no gushyirwa ku karubanda.

Cyakora cyo nta cyerekana niba bariya basirikare ba Ethiopia barahohotewe, cyangwa niba kubereka abaturage ku mihanda ya Mekelle binyuranyije n’ariya masezerano.

Magingo aya i Mekelle hagarutse umuriro w’amashanyarazi, itumanaho ndetse na Internet, nyuma y’uko ingabo za Leta ya Ethiopia zihisemo kurambika hasi intwaro ku wa Mbere w’icyumweru gishize.

Abayobozi ba Tigray na bo bagarutse mu biro byabo nyuma y’igihe barahunze imirwano yari imeze nabi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Inyeshyamba za Tigray zerekanye ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafashe mpiri
    Bashobora kuba bafite ingufu!!!!!!!!! ubusanzwe gufatirwa k’urugamba n’inyeshyamba ntibibho ko bakugaragaza cyangwa aho wahambwe hamenyekana kereka iyo wiyizeye ku ngufu.

  2. Inyeshyamba za Tigray zerekanye ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafashe mpiri
    Bashobora kuba bafite ingufu!!!!!!!!! ubusanzwe gufatirwa k’urugamba n’inyeshyamba ntibibho ko bakugaragaza cyangwa aho wahambwe hamenyekana kereka iyo wiyizeye ku ngufu.

  3. Inyeshyamba za Tigray zerekanye ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafashe mpiri
    It’s a fake news
    TPLFS propaganda
    New York Times number one liar
    America and Erupean Unions are trying to colonize Africa in 21th century ,They need to remined our history
    They know Ethiopia and Ethiopians
    TPLF is banda and puppet for them

  4. Inyeshyamba za Tigray zerekanye ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafashe mpiri
    It’s a fake news
    TPLFS propaganda
    New York Times number one liar
    America and Erupean Unions are trying to colonize Africa in 21th century ,They need to remined our history
    They know Ethiopia and Ethiopians
    TPLF is banda and puppet for them

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *