Visi Perezida wa Kenya, William Ruto, yibasiye ku mugaragaro umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Raila Odinga, abona nk’umwe mu bakomeye mu bo bazaba bahanganye mu matora rusange yo mu 2022.
Kuri iki Cyumweru, itariki ya 4 Nyakanga 2021, ku birego atigeze ashyira ahagaragara mbere, Ruto yavuze ko Odinga wahoze ari umusangirangendo we muri politiki, yamunzwe na ruswa kandi ko adakwiriye gukora imirimo ya Leta.
Ruto yatangaje ibi nyuma y’umunsi umwe gusa Odinga nawe mu gikorwa rusange i Mombasa, ariko nta bimenyetso atanze, atangaje ko uyu mugabo wa kabiri ukomeye mu gihugu nawe yamunzwe na ruswa kandi yagiye akoresha guha za ruswa insengero,urubyiruko n’amatsinda y’abagore mu mafaranga yibye leta kugirango agende azamuka mu ntera.
Ruto ati “ibyo Odinda arimo kunshinja, nyamara amafaranga yari agenewe urubyiruko yarasahuwe mu gihe cye nka Minisitiri w’Intebe..akwiye gukorwa n’isoni.”
Visi Perezida wa Kenya kandi nk’uko iyi nkuru dukesha Nairobi News ikomeza ivuga, yanashinje Odinga guta inshingano ze nk’umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wari ukwiye gukurikirana uko guverinoma ikoresha amafaranga y’umurengera aho gukorana na yo.
Ati “Yaribye igihe yari muri guverinoma, none ubu ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi kandi arakiba binyuze mu mahano y’amamiliyari ya Covid-19.”

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Odinga yiyegereje Perezida Kenyatta kurusha Ruto nyuma y’indamukanyo hagati y’abayobozi bombi yamamaye mu 2018.
Odinga yiyemeje kuzata muri yombi no gufunga abantu bose yita ko bamunzwe na ruswa naramuka abaye perezida wa Kenya utaha.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV-


