fb_img_16260706228843722.jpg

U Burundi bwakuye urujijo ku ifoto yavugishije benshi

Sangiza iyi nkuru

Kuva kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ifoto y’abantu batatu bagaragara nk’abana batoya, bambaye impuzankano (uniforme) y’igipolisi cy’u Burundi.

Abenshi bibajije niba aba ari abapolisi b’u Burundi, bamwe bavuga ko bitashoboka kuko ngo “ari abana batoya”. Hari abavuze ko bashobora bibye iyi mpuzankano ababyeyi babo cyangwa abo mu miryango, bashaka kwifotoza gusa, n’ibindi bibazo hamwe n’ibitekerezo byinshi.

Itangazamakuru ryabajije Umuvugizi w’Igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye iby’iyi foto, asubiza ko aba bantu bagaragara bambaye iyi mpuzankano ari abanyeshuri bari guhabwa amasomo yo gukumira ibyaha mu ntara ya Ngozi.

Nkurikiye yagize ati: “Aba ni abakandida barimo barahabwa amasomo mu rwego rwo gukumira ibyaha i Ngozi.”
fb_img_16260706228843722.jpg

Yabajijwe niba aba banyeshuri atari abana nk’uko bigaragara mu ifoto, asubiza ko bujuje imyaka y’ubukure. Ati: “Imyaka barayujuje neza kuko binjiye bafite imyaka 18. Nta mwana urimo.”

Pierre Nkurikiye yatangaje ko aba banyeshuri bafotowe tariki ya 1 Nyakanga 2021 ku munsi u Burundi bwizihirijeho isabukuru y’imyaka 59 bumaze bubonye ubwigenge. Icyo gihe ngo bari bahawe iyi mpuzankano nshya kugira ngo bakore akarasisi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *