2021-07-26t191928z_960334366_rc2jso9wz984_rtrmadp_3_usa-iraq.jpg

Nyuma ya Afghanistan, Amerika igiye gucyura n’ingabo zari muri Irak bitarenze uyu mwaka

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden na Minisitiri w’Intebe wa Irak, Mustafa al-Kadhimi, kuri uyu wa Mbere bemeranyije kurangiza ubutumwa bwo gukora intambara bw’ingabo za Amerika bitarenze impera z’uyu mwaka, nyuma y’imyaka isaga 18 izi ngabo zoherejwe muri iki gihugu.

Ni nyuma y’aho ubutumwa nk’ubu bw’ingabo za Amerika muri Afghanistan nabwo bugomba kuba bwarangiye burundu mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Kanama.

Perezida Biden akaba akomeje gucyura ingabo za Amerika zoherejwe muri ibi bihugu na Perezida George W. Bush mu cyo yise urugamba rwo kurwanya iterabwoba nyuma y’ibitero byibasiye World Trade Center mu 2001.

Biden na Kadhimi bahuye bwa mbere imbonankubone mu biro bye bizwi nka “Oval”, baganira ku butumwa ingabo za Amerika zari zifite muri Irak biyemeza gucyura izari zishinzwe ibikorwa by’intambara zose hagasigara izizajya zitoza ingabo za Irak kwirwanirira.

2021-07-26t191928z_960334366_rc2jso9wz984_rtrmadp_3_usa-iraq.jpg

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’ibiganiro, Perezida Biden yagize ati “Uruhare rwacu muri Iraki ruzaba… ruboneka, ni ugukomeza gutoza, gufatanya, gufasha no guhangana na ISIS uko ivuka, ariko ntabwo tuzaba, mu mpera z’umwaka, turi mu butumwa bw’imirwano,”

Iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga ko kuri ubu Amerika ifite abasirikare 2500 muri Irak bibanda ku kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Islamic State.

Ingabo mpuzamahanga ziyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zarageze muri Irak muri Werurwe 2003 zishinja Perezida Saddam Hussein gutunga ibitwaro bya kirimbuzi, uyu akaba yaravanwe ku butegetsi ndetse akanyongwa ariko izo ntwaro ntabwo zigeze zigaragara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *